• Amakuru / MU-RWANDA

Kuri uyu mugoroba Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, yakiriye mugenzi we wa Centrafica Brigitte Touadéra mu rwego rwo kumwereka ibikorwa n’uruhare rw’Imbuto Foundation mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Mu biganiro byabaye hagati y’aba bombi Madamu  Perezida, Madamu Jeannette Kagame yagejeje kuri Madamu Brigitte Touadéra ibikorwa bitandukanye bikorwa na Imbuto Foundation ndetse n’ingaruka nziza bimaze kugira ku buzima bw’Abanyarwanda.

Yamugaragarije  uburyo uyu muryango ukoresha uburyo buhuriweho mu gufasha abaturage, hibandwa ku nkingi eshatu z’ingenzi zirimo ubuzima, uburezi no kongerera ubushobozi urubyiruko.

Mu rwego rw’ubuzima, Imbuto Foundation imaze imyaka ishyira mu bikorwa gahunda zitandukanye zigamije guteza imbere ubuzima bw’umubyeyi n’umwana, gukangurira abaturage kwirinda indwara no kubona serivisi z’ubuvuzi ku gihe.

Iyi gahunda yafashije abaturage benshi kubona ubufasha mu buvuzi no kongera ubumenyi ku birebana n’isuku, imirire n’ubuzima bw’imyororokere.

Mu rwego rw’uburezi, Imbuto Foundation izwi cyane ku bikorwa byo guteza imbere ireme ry’uburezi, gushyigikira abana b’abakobwa gukomeza amashuri no gutanga ibihembo ku banyeshuri bitwaye neza.

Ibi bikorwa byagize uruhare mu kongera umubare w’abana barangiza amashuri no gushishikariza urubyiruko kugira intego zo kwiga no kwiteza imbere.

Aba Bafasha ba Perezida banaganiriye ku mishinga igamije gufasha urubyiruko kubona ubumenyi, amahirwe yo kwihangira imirimo no kugira uruhare mu iterambere ry’ibihugu byarwo.

Imbuto Foundation ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka urubyiruko rufite ubushobozi bwo guhanga udushya no gutanga umusanzu mu iterambere rirambye.

Uruzinduko rwa Madamu Brigitte Touadéra I Kigali rugaragaza ubushake bwo gukomeza gusangira ubunararibonye hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Centrafrique mu bijyanye no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko Imbuto Foundation izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye mu guteza imbere imibereho y’abaturage, mu gihe Madamu Brigitte Touadéra yashimye ibikorwa uyu muryango umaze kugeraho ndetse n’uruhare rwawo mu iterambere ry’u Rwanda.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments