Umuhanzi Maitre
Dodian umaze kubaka kumneyekana
hano mu muziki wo mu Rwanda nyuma yo gushinga
studio itunganya umuziki ikanafasha abahanzi
bakizamuka yise Global Music
yinjiye no mubyijyanye no
kuwutunganya (Production) ashyira hanze indirimbo bise Watoto wa Global y’umuhanzi
Suarez .
Mu kiganiro na Maitre
Dodian yadutangarije ko nyuma yo
gufungura studio ye ubu ari kwihugura
ibintu byose bifitanye isano n’umuziki kugira azagire uruhare mu itunganywa ry’indirimbo
ze ndetse n’abahanzi bagana studio ye akaba ariyo mpamvu ubu nawe yabaye producer.
Naho ku bijyane n’Indirimbo Watoto wa Global y’Umuhanzi
Suareze nawe winjiye mu mikoranire na
Studio ye .
Yagize ati
ubusanzwe yitwa Kasiho Alfred Suarez
akomoko muri Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo aho yavukiye
mu mujyi wa Goma ariko urugendo rwe muri
muzika akaba yaratutangiriye mu Rwanda
.Aho yabyinnye mu matsinda azwi nka Good
Guys y’I Nyamirambo,muri MTN na
Bralirwa na handi henshi .
Yatubwiye
kandi ko nyuma y’iyo myaka yose yaje gufata gahunda yo kujya aririmbira mu tubari no mu birori
bitandukanye binyuze muri Live Band ,Aho ubu
aririmba muri Global Music Band
nayo ya Maitre Dodian bikaba
aribyo byamuhaye amahirwe yo kubasha gukorera muri Studio yanjye.
Like This Post? Related Posts