• Imyidagaduro / IBITARAMO

Ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika  ku munsi wabyo wa gatatu  bigiye gukomereza  mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo  aho kizabera  kuri  uyu wa gatandatu Tariki ya 04 Nyakanga 2026 Umunsi abanyarwanda bizihizaho umunsi wo kwibohora ku nshuro  ya  32 , ibirori  bizabera  kuri stade  ya Muhanga.

Ku gicamunsi cyo kuri  uyu wa Gatanu tariki ya 03 Nyakanga abahanzi bazitabira Mtn Iwacu na Muzika Festival 2026 bageze  muri ako karere  kugira ngo bitegure  kuzashimisha abakunzi babo .

Nyuma  yo kwitegura basuzumye ibyuma bazakoreraho maze Abahanzi bose berekeza muri Siporo rusange ya  Nijoro imaze kumenyerwa  mu Rwanda nka  Night  Run maze bifatanya n’Ubuyobozi  bw’akarere ,Ubuyobozi bwa East African Promoters  bwari burangajwe Imbere na Mushyoma Joseph ndetse nabandi bafatanyabikorwa b’ibi bitaramo bakorana imyitozo ngororamubiri itandukanye 

Mu butumwa yahaye abitabiriye Siporo Rusange yahuje abahanzi n'abaturage, Umuyobozi Wungirije w'Akarere ka Muhanga ushinzwe Imibereho Myiza y'Abaturage, Mugabo Gilbert, yabibukije ko ku wa Gatandatu azaba ari Umunsi Mukuru wo Kwibohora ku nshuro ya 32. Ati "Ejo tariki 4 Nyakanga, ni bwo urugamba rwo kwibohora rwarangiye. Birumvikana ko tugomba kwishima, tukishimira ko Jenoside yakorerwaga Abatutsi yahagaritswe ariko tukanishimira imiyoborere myiza."

Nyuma  abahanzi  bahawe  umwanya baganiriza abakunzi babo  muri Muhanga  bizezanya ko ejo ari umunsi wo kwishimina nabo kandi  bamaze kwitegura bihagije .













Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments