Umutwe wa Hamas kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga 2026, watangaje ko uzashyikiriza ubuyobozi bushya ubutegetsi bwa Gaza, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye.
Ibi byemejwe n’Inama y’Amahoro ikurikirana ishyirwa mu bikorwa
ry’amasezerano yo guhagarika intambara yasinywe umwaka ushize hagati ya Hamas
na Guverinoma ya Israel.
Hamas,
ifatwa n’ibihugu byinshi nk’umutwe w’iterabwoba, yari imaze imyaka hafi 20
igenzura Gaza Strip, kuva nyuma y’amatora
yabaye mu 2006.
Nubwo
Israel yakuye ingabo zayo muri Gaza mu 2005, amategeko mpuzamahanga akomeza
gufata ako gace nk’akayigaruriweho kubera ko Israel yakomeje kugenzura imipaka
yako yose.
Nyuma y’ibitero bya Hamas byo ku wa 7 Ukwakira 2023, byakurikiwe
n’intambara ikomeye, Israel yongeye kohereza ingabo nyinshi muri Gaza mu
bikorwa bya gisirikare byo ku butaka.