Mbere y’uko hakinwa Agace ka Gatatu ka Tour de France, abafana basabwe kutajya ku mihanda kureba iri siganwa kubera inkongi y’umuriro yibasiye ishyamba riri mu Burengerazuba bw’Amajyepfo bw’u France.
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga 2026, ni bwo hakomeje iri
siganwa mpuzamahanga ry’amagare, aho Agace ka Gatatu gaturuka Granollers muri Spain kerekeza Les Angles mu Bufaransa, ku ntera
y’ibilometero 195,9.
Tour
de France y’uyu mwaka yahuriranye n’inkongi z’umuriro zibasiye ibice
bitandukanye by’u Burayi, birimo u Bufaransa, Espagne, Portugal n’u Greece. Mu hafashwe n’izo nkongi harimo n’agace
ka Les Angles, kari mu bilometero 60 uvuye aho iri siganwa risorezwa.
Nubwo
inzira z’isiganwa zitigeze zihindurwa, imodoka zamamaza zisanzwe zibanziriza
abakinnyi zasabwe guhagarika ibikorwa byazo kugeza mu bilometero 40 bya nyuma.
Umuyobozi
wa Tour de France, Christian Prudhomme,
yavuze ko hafashwe izi ngamba kubera uburemere bw’inkongi y’umuriro.
Yagize
ati: “Inkongi idasanzwe yatumye hafatwa ingamba zidasanzwe mu isiganwa.”
Ubuyobozi
bwa Tour de France bwatangaje ko gukumira abafana byakozwe kugira ngo
abashinzwe umutekano, cyane cyane abazimya inkongi, babashe gukora akazi kabo
neza bitabangamiye isiganwa.
Abazimya
inkongi bagera kuri 750, imodoka 200 zifashishwa mu kuzimya umuriro ndetse
n’indege icyenda, ni bo bari mu bikorwa byo kuzimya iyi nkongi iri gukwira mu
bice bitandukanye.
Nyuma y’uduce tubiri twa Tour de France 2026, Isaac del Toro ukinira UAE Team Emirates XRG ni we uyoboye isiganwa,
akurikiwe na mugenzi we Tadej Poga?ar.