• Amakuru / POLITIKI


Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishinzwe ibikorwa byo mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) zatangaje ko zagabye ibindi bitero ku birindiro bya gisirikare bya Iran, mu gihe umwuka mubi hagati ya Washington na Tehran ukomeje kwiyongera nubwo impande zombi zari zaragiranye amasezerano yo guhagarika imirwano.

CENTCOM yasohoye amashusho igaragaza ibisasu bikubita ku birindiro bya gisirikare, hagakurikiraho inkongi n’umwotsi mwinshi. Icyakora, aho ayo mashusho yafatiwe n’igihe yafatiwe ntibyashoboye kwemezwa n’inzego zigenga.

Nk’uko CENTCOM ibivuga, ibyo bitero byagabwe ku wa Gatatu byibasiye ibirindiro bya gisirikare bigera kuri 90 biherereye ku nkombe za Iran. Mu byagabweho ibitero harimo uburyo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere, ibikoresho byo kugenzura inkombe z’inyanja, ububiko bwa misile n’indege zitagira abapilote (drones), ubushobozi bw’ingabo zirwanira mu mazi ndetse n’ibikorwa byifashishwa mu gutwara ibikoresho bya gisirikare.

Amerika yavuze ko ibi bitero byari bigamije gukomeza kugabanya ubushobozi bwa Iran bwo kugaba ibitero ku bwato bw’ubucuruzi n’abasare banyura mu Muyoboro wa Hormuz, unyuramo igice kinini cy’ubucuruzi bw’isi bukoresha inyanja.

Ibi byakurikiye ibindi bitero byagabwe ku wa Kabiri, aho CENTCOM yavuze ko yibasiye ibirindiro bya gisirikare bigera kuri 80, harimo n’utwato duto turenga 60 tw’Ingabo zidasanzwe za Iran zizwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).

Leta ya Amerika ivuga ko ibi bitero byakurikiye kuba Iran yararenze ku masezerano yo guhagarika imirwano, igaba ibitero ku bwato butatu bw’ubucuruzi bwanyuraga mu Muyoboro wa Hormuz.

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko ubuyobozi bwa Iran ari "abantu batagira icyo bitaho", anongeraho ko gukomeza ibiganiro na bwo ari "uguta igihe". Nyuma, ari mu ndege ya Air Force One avuye i Ankara, yavuze ko abayobozi ba Iran bamaze kumwegera bashaka kugirana amasezerano na Amerika.

Ku ruhande rwa Iran, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko akaba n’umushyikiranwa mukuru, Mohammad Bagher Qalibaf, yashinje Amerika kurenga ku masezerano impande zombi zari zaragiranye, avuga ko yagabye ibitero mu majyepfo ya Iran nyuma y’ibyabaye ku wa Kabiri.

Na ho Ingabo zidasanzwe za Iran (IRGC) zatangaje ko na zo zagabye ibitero ku birindiro 85 bya gisirikare bya Amerika biri hirya no hino mu karere, nk'igisubizo ku bitero bya Washington.

Ku wa 17 Kamena, Iran na Amerika bari basinye amasezerano y’ubwumvikane (MoU) agamije guhagarika imirwano no gutangiza icyiciro cya mbere cy’imishyikirano yabereye mu Busuwisi, yari igamije kugera ku masezerano ya burundu.

Icyakora, kuva ayo masezerano yasinywa, impande zombi zikomeje gushinjanya kuyica, ibintu bikomeje gushyira mu kaga ejo hazaza h’ibiganiro no kongera impungenge z’uko amakimbirane ashobora kongera gufata indi ntera.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments