Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi
Mukuru w’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yasabye abayobozi mu nzego zitandukanye
kujya bibwiza ukuri bakareba niba inshingano bahawe gukorera abaturage bazuzuza
uko bikwiye avuga ko iyo bidakozwe bigira ingaruka ku gihugu ndetse no kuri bo
bwite.
Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu
nama ya Biro Politiki y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi iri kubera mu Intare
Conference Arena, i Rusororo mu karere ka Gasabo.
Muri iyi nama Perezida Kagame yasabye
abayobozi kujya bibaza ndetse bakareba aho intego igihugu cyihaye zigeze
zishyirwa mu bikorwa hanyuma bakareba uruhare rwabo mu gutuma bigerwaho basanga
rurimo bakabishakira igisubizo ndetse uwaba adafite ubwo bushobozi agasaba
ubufasha.
Yagize ati “ Buri wese uko uramutse
ujye wibaza icyo kibazo, wibaze aho tugeze bijyanye n’inshingano twihaye twese.
Ndetse ushake igisubizo cy’ibyo abanyarwanda bavuga, uko bameze bijyanye
n’icyifuzo cyabo kijyanye n’ibyo wabasezeranyije kubagezaho. Icyo ukibaze
ushake igisubizo”.
Yavuze ko inshingano zihera ku muntu
zikarangirira ku bayobozi bose muri rusange, aho umusanzu wa buri muntu uba
ukenewe ugahuzwa n’uwundi kugira ngo intego igihugu kihaye zigerweho.
Umukuru w’igihugu kandi yavuze
Umuryango wa RPF ufite umwimerere wayo ndetse n’indangagaciro ugenderaho bihagije
kugira ngo umunyarwanda wese ahabwe ibyo agombwa.
Yagize ati “ RPF ifite umwimerere
wayo, ifite izina, ifite ibiyiranga bihagije, ifite noneho amateka. Ayo
mateka adusobanurira byinshi ku byo dushinzwe ku byo umunyarwanda wese ashinzwe
aho yaba ari hose noneho bikanasobanura igihugu uko abanyarwanda bakifuza ibyo
bigatuma havamo kumenya neza inshingano za buri wese”.
Perezida kagame yavuze ko mbere na
mbere umuyobozi aba agamba kwibaza aho u Rwanda rwavuye aho rugeze n’aho
rwifuza kugera ndetse ko ibyo umuntu yavuga byose haba hari igipimo
kibigaragaza kandi ko Abanyarwanda bagomba kubaza ibivugwa aho bigeze bishyirwa
mu bikorwa.
“ Mbere na mbere ugomba kwibaza uti: u
Rwanda rwavuye he , rugeze he , rushigaje iki kugira ngo rugere hahandi ruvuga
ko rwifuza kuba ruri. Ibyo ni yo wakwivuga, ukavuga ibyiza byawe ukavuga ibyo
ugezeho ariko ibyo uvuga byose hari igipimo cy’Abanyarwanda bazavuga ngo
abatuyobora bavuga ko twe bitatugeraho ko tutabibona.”
Yavuze ko uretse n’Abanyarwanda n’abo
hanze nabo bazavuga “ngo abantu bifuza kugera ahantu heza ariko tukaba tubona
bagishigaje urugendo rurerure habaye iki? Ni iki cyabidindije.”
Yashimangiye ko ibisubizo bidashakwa
n’umuntu ku giti cye ndetse akaba atanabihimba kuko bigomba kugaragarira buri
wese.