• Amakuru / POLITIKI


Leta y'u Bufaransa, ibinyujije muri Ambasade yayo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari abaturage b'Abafaransa bari gufatanya n'ihuriro AFC/M23 n'umutwe wa Twirwaneho mu mirwano ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Mu itangazo yashyize ku rubuga rwa X, Ambasade y'u Bufaransa yavuze ko ayo makuru yagenzuwe kandi ko nta gihamya na kimwe kiyashyigikira.

Yasobanuye ko nyuma y'uko ayo makuru akwirakwiriye, Minisitiri w'Itumanaho n'Itangazamakuru wa RDC, Patrick Muyaya, yasabye ubuyobozi bw'Ingabo za FARDC kubikoraho igenzura. Ibyavuye muri iryo genzura ngo byagaragaje ko nta kimenyetso cyerekana ko hari Abafaransa bari ku rugamba cyangwa ko hari imirambo yabo yabonetse aho imirwano yabereye.

Ambasade y'u Bufaransa yavuze ko yamagana amakuru y'ibinyoma n'ibirego bidafite ishingiro, ishimangira ko mu bihe by'intambara ari ngombwa gutangaza amakuru ashingiye ku bimenyetso bifatika no ku makuru yabanje kugenzurwa.

Aya makuru yari yakwirakwijwe cyane nyuma y'imirwano iherutse kubera mu misozi miremire ya Kivu y'Amajyepfo, aho ihuriro rigizwe na FARDC, ingabo z'u Burundi (FDNB), abarwanyi ba Wazalendo na FDLR ryahanganye n'abarwanyi ba Twirwaneho bavuga ko bakorana na AFC/M23.

Gusa, nk'uko byemejwe na Minisitiri Patrick Muyaya nyuma yo kugisha inama ubuyobozi bwa FARDC, nta gihamya iraboneka yemeza ko hari abaturage b'Abafaransa bari mu mirwano cyangwa ko hari imirambo yabo yabonetse, bityo u Bufaransa busaba ko amakuru nk'ayo atangazwa hakurikijwe ibimenyetso bifatika.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments