Perezida wa
Repubulika y'u Rwanda akaba na Chairman wa RPF-Inkotanyi, Paul Kagame, yavuze
ko u Rwanda rutazigera ruceceka ku bibazo birebana n'umutekano warwo, n'ubwo
rwaba ruhura n'igitutu, ibihano cyangwa kunengwa n'amahanga kubera uko rubona
ikibazo cy'umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya
Congo (RDC).
Yabitangaje
ku wa 17 Nyakanga 2026, mu nama yaBiro Politiki
ya RPF-Inkotanyi yabereye muri Intare Conference Arena, aho yagarutse ku bibazo
by'umutekano mu karere, umubano w'u Rwanda n'amahanga ndetse n'inshingano
z'Abanyarwanda mu kurinda igihugu cyabo.
Mu ijambo
rye, Perezida Kagame yavuze ko hari abifuza ko u Rwanda rureka kuvuga ku bibazo
rubona bibangamiye umutekano warwo, ariko ashimangira ko ibyo bitazigera
bibaho.
Yagize ati:"Nzaceceka
ari uko napfuye. Iyo ni yo nzira yonyine ishobora gutuma nicecekera."
Yavuze ko
ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC kitatewe n'u Rwanda
Perezida
Kagame yongeye gusobanura ko u Rwanda rutigeze rutangiza intambara cyangwa
amakimbirane ari kubera mu burasirazuba bwa RDC.
Yavuze ko
ayo makimbirane ashingiye ku bibazo bya politiki n'umutekano bimaze imyaka
myinshi imbere muri Congo ubwayo, ndetse no ku kuba ubuyobozi bw'icyo gihugu
butarakemura ibibazo abaturage bamwe bamaze igihe bagaragaza.
Yagize ati
ikibazo cy'umutwe wa M23 n'abaturage uvuga ko uhagarariye cyagombaga gushakirwa
umuti binyuze mu biganiro no gukemura ibibazo byabo, aho kubyirengagiza.
Perezida
Kagame yavuze ko impamvu u Rwanda rwakomeje kuvuga kuri iki kibazo ari ukubera
ko mu burasirazuba bwa RDC hakomeje kuba umutwe wa FDLR, u Rwanda rufata
nk'umutwe w'iterabwoba ugizwe ahanini n'abagize uruhare muri Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994.
Yavuze ko u
Rwanda rumaze imyaka rusaba ubuyobozi bwa Congo n'umuryango mpuzamahanga gufata
ingamba zo gukuraho uwo mutwe, ariko ko ibyo rwifuzaga bitigeze bishyirwa mu
bikorwa uko bikwiye.
Nk'uko
Perezida Kagame yabivuze, kuba FDLR ikomeje gukorera hafi y'umupaka w'u Rwanda
ni ikibazo igihugu kidashobora kwirengagiza.
Perezida
Kagame yanenze kandi uburyo ibihugu bimwe n'imiryango mpuzamahanga byakomeje
gufatira u Rwanda ibihano aho gukemura ibibazo by'umutekano rwagaragazaga.
Yavuze ko
ibiganiro byabereye i Nairobi, Doha na Washington bitigeze biha agaciro
gahagije impungenge z'u Rwanda.
Ati:"Nta
mwanya uba uhari wo kumva ibyo u Rwanda ruvuga. Icyo ubona ni ibihano, ibihano,
ibihano gusa."
Yongeyeho ko
bamwe mu bafatanyabikorwa mpuzamahanga bashaka kugena inkuru ivugwa ku bibazo
byo muri Congo batitaye ku ruhande rw'u Rwanda.
Yagarutse
kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n'amasomo yayo
Perezida
Kagame yavuze ko amahanga akwiye kwigira ku mateka ya Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994, aho isi yananiwe guhagarika ubwicanyi nubwo hari ibimenyetso
byagaragazaga ko bwari bugiye kuba.
Yibukije
ikiganiro yavuze ko yagiranye n'umwe mu bayobozi b'u Bufaransa mu 1991,
wamubwiye ati:
"N'ubwo
mwafata Kigali, ntimuzasanga abantu banyu bahari."
Perezida
Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside ari bwo yasobanukiwe uburemere bw'ayo
magambo, agaragaza ko hari ibimenyetso byari bizwi mbere ariko ntihagire
igikorwa.
Perezida
Kagame yanagarutse ku bibazo by'umutekano byugarije Abanyamulenge batuye i Minembwe
mu burasirazuba bwa RDC.
Yavuze ko u
Rwanda rwagiye rugaragaza impungenge zarwo ku bikorwa byibasira uwo muryango,
ariko rukabwirwa ko ibyo bitarureba.
Yagize ati:"Bameze
nk'abakubwira bati 'ceceka, ibyo si ibyawe.' Niba atari ibyanjye, se kuki
bitaba ibyanyu? Kuki namwe mutabihangayikishwa?"
Yaburiye ko
kutita ku bikorwa byibasira abaturage bafite ibyago bishobora kuvamo ibibazo
bikomeye, nk'uko byigeze kuba mu mateka.
Yahamagariye
Abanyarwanda kurinda igihugu
Mu gusoza
ijambo rye, Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kugira uruhare mu
kurinda umutekano n'ubusugire bw'igihugu cyabo.
Yavuze ko
n'ubwo u Rwanda ari igihugu gito kandi rushobora guhura n'igitutu giturutse
hanze, ejo hazaza harwo hazagenwa n'ubushake bw'Abanyarwanda ubwabo.
Yagize ati:"Mushobora
kutugirira nabi byinshi, ibyo ndabyemera. Ariko gutekereza ko mwadukuraho
burundu si ibintu byoroshye."
Yanashimangiye
ko kuvuganira umutekano w'u Rwanda atari amahitamo ahubwo ari inshingano, bityo
ko igihugu kizakomeza kugaragaza impungenge zacyo no gushaka ibisubizo ku
bibazo bibangamiye umutekano wacyo, kabone n'iyo cyaba gihura n'igitutu cyangwa
ibihano.
Amagambo ya
Perezida Kagame agaragaza ko u Rwanda ruzakomeza gushimangira ko umutekano
warwo ari ingenzi, kandi ko rutazahagarika kuwuvuganira n'ubwo hari ibitutu
bituruka hanze.
Like This Post? Related Posts