Inararibonye
zitandukanye mu itangazamamuru zasobanuye ko ibyitwa 'Ubuvugizi' bidakwiye kwitwa inkuru kuko hari ibyo ziba zitujuje mu bisabwa inkuru ya
kinyamwuga.
Aba
basobanura ko n'ubwo muri iyi minsi mu bitangazamakuru bitandukanye hakunze
kugaragara ibyitwa 'Inkuru z'Ubuvugizi', ibi ngo bidakwiye kuko ubusanzwe
inkuru iba idafite uruhande ibogamiyeho mu gihe mu Buvugizi bidashoboka ko
uwakoze iyo nkuru yabura kubogamira kuri uwo ukorerwa ubuvugizi.
Nyinshi muri
bene izi nkuru akenshi ziba ari izisabira ubutabera no kurenganurwa ababa
bavuga ko bahohotewe n'abandi naho izindi zikaba izisabira ubufasha ababa
bababaye mu buryo bumwe cyangwa ubundi nk'abarwaye indwara zikeneye ubuvuzi
buhenze cyangwa abakene bagowe imibereho.
Izi
nararibonye zibutsa ko inkuru ubundi iba igomba gukorwa mu nyungu za rubanda
kandi ikaba igamije kugira isomo runaka isigira abayibona bityo ko izo muri ubu
bwoko bwitwa 'Ubuvugizi' zidakwiye kwita inkuru.
N'ubwo
batabuza abanyamakuru bazikora kuba bazikora, aba bavuga ko ibyiza zahindurirwa
izina kandi zigakorwa gusa mu rwego rw'ubukungu zikanitwa gusa 'Inkuru' aho
kuzita 'Ubuvugizi.'
Jean Baptiste Micomyiza, umwe muri izi nararibonye umaze imyaka irenga 20 muri uyu mwuga yagize ati "Iyo ubyise ubuvugizi biba bihindutse ikindi kintu, ibyiza twabyita gusa inkuru tukagarukira aho. Ntiwakora Ubuvugizi udafite uruhande ubogamiyeho, ikindi burya ubuvugizi ni ibintu bisaba ubundi bushakashatsi. Mwibuke ko umunyamakuru aba agomba guhagarara hagati kandi agakorera mu nyungu rusange."
Ku bijyanye
n'inkuru ziba zigamije gusabira abantu ubufasha, Micomyiza avuga ko
"Zakorwa ariko ntizitwe ubuvugizi, ikindi ni ngombwa ko nazo mu kuzikora
hitabwa ku kuba uwo uyikozweho yabitangiye uburenganzira cyangwa se yaba ari
umwana akaba yabutangiwe n'umuhagarariye."
Uyu kandi
avuga ko abanyamakuru baba bagomba kwirinda gushaka kugena uko ikibazo
cyigaragajwe mu nkuru kirangira kuko bitari mu nshingano zabo, ibi abihera ko
hari bamwe mu banyamakuru bashobora kugwa muri uyu mutego ahanini biturutse no
kubyo baba barijeje uwo bakoreye ubwo buvugizi bagamije kugira indonke
bamusaba.
Uwizeyimana Marie Louise na we yibutsa ko muri izi nkuru haba hakwiye kwitabwa ku kantu kose gashobora guteza impaka, ati " Wirinda ko abayibona batekereza ko hari uwo ubogamiyeho, ukirinda ibyatera abantu ubwoba, ukanita ku burenganzira bwa muntu cyane cyane ubw'abana n'abafite ubumuga. Gusaba amafaranga abantu na byo bigomba kwitonderwa kuko hari ubwo byaguteza ibindi bibazo byo gushaka kugena uko ikibazo cyarangira mu rwego rwo kugera ku cyo uba warijeje uwo waguhaye amafaranga."
Inkuru
z'itwa iz'ubuvugizi ni zimwe mu zikunze kugarukwaho mu itangazamakuru
zitavugwaho rumwe aho akenshi bituruka ku kuba abazikorerwa hari ubwo bajya
bagararagaza ko bari bijejwe n'abanyamakuru ko inkuru izagira ibyo ihindura ku
miterere y'ikibazo, ni mu gihe abazikorwaho nabo hari ubwo bajya babifata nko
kwibasirwa n'ibitangazamakuru biba byazikoze ibinatuma rimwe na rimwe nabo
bagira abandi banyamakuru bakoresha mu kwisobanura.