Abantu benshi bakomerekeye mu gitero cy'indege cyagabwe ku nyubako ituwemo iri ku muhanda wa Al-Jalaa rwagati mu Mujyi wa Gaza mu ijoro ryo ku wa Kane, nyuma y'uko abaturage bavuga ko bahawe ubutumwa bubasaba kwimuka mbere y'igitero.
Amashusho yafashwe nyuma y'icyo gitero agaragaza ibisasu bikubita iyo nyubako, umuriro mwinshi n'umwotsi ubyuka, mu gihe abatabazi bahise batangira kuzimya inkongi ndetse n'imodoka itwara indembe ihagera.
Mohammed Adham, umwe mu batuye aho, yavuze ko bahawe telefoni n'ingabo za Israel zibabwira kuva muri iyo nyubako mbere y'uko iraswaho. Yagize ati: "Twahunze tutazi aho tujya, dusiga ibintu byose. Turarambiwe. Ntitukibasha kwihanganira ibi. Birahagije."
Yakomeje avuga ko batazi aho berekeza muri iryo joro, kandi ko ibintu byabo byose birimo matela, ibiringiti n'ibindi bikoresho byasigaye cyangwa byangiritse.
Ikigo cy'Amakuru cya Palestine (Palestinian Information Centre) cyatangaje ko igitero cyibasiye inzu y'umuryango wa Abu Samra hafi y'inyubako ya Al Zaharneh ku muhanda wa Al-Jalaa, kikaba cyakomerekeyemo abantu benshi.
Umuvugizi w'Urwego rushinzwe ubutabazi muri Gaza, Mahmoud Basal, yavuze ko abaturage benshi bakomeje kwimurwa mu bice bitandukanye bya Gaza nyuma y'uko ingabo za Israel zitangaje ko zishobora kugaba ibitero ku nyubako n'ibindi bikorwaremezo.
Kugeza igihe ayo makuru yatangarijwe, igisirikare cya Israel nticyari cyagira icyo gitangaza ku birebana n'icyo gitero.
Ibi bibaye mu gihe agahenge gashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kari kagikurikizwa kuva mu Ukwakira 2025. Minisiteri y'Ubuzima muri Gaza ivuga ko kuva intambara yatangira ku wa 7 Ukwakira 2023, abantu 73.311 bamaze kwicwa, mu gihe 173.924 bamaze gukomereka.
Agahenge kari mu rwego rwa gahunda y'amahoro y'ingingo 20 yashyigikiwe na Perezida wa Amerika Donald Trump, aho icyiciro cya kabiri cyayo cyatangajwe muri Mutarama n'intumwa ya Amerika Steve Witkoff, kikaba gikubiyemo kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro, gushyiraho ubuyobozi bw'inzibacyuho no gutangira ibikorwa byo kongera kubaka Gaza.