Mu mujyi wa Lagos,
umwe mu mijyi minini muri Nigeria utuwe n'abaturage barenga miliyoni 20,
inyanja ni hamwe mu hantu abantu bakunda kujya kuruhukira no kugabanya
umunaniro uterwa n'imibereho yihuta yo muri uwo mujyi. Icyakora, uko imyaka
ishira, igice kinini cy'ibirometero 180 by'inkombe z'inyanja ya Lagos kiragenda
cyegurirwa abikorera, bituma ahahoze ari ahantu rusange hagezwagaho ku buntu
hahinduka ahantu hasaba amafaranga menshi.
Ibi byatumye
kujya ku mucanga bitakiri ibintu byoroheye buri muturage, cyane cyane abafite
amikoro make.
Mukthar
Oladunmade, umunya-Nigeria ukorera ingendo z'akazi mu bihugu bitandukanye bya
Afurika y'Iburengerazuba, avuga ko yabonye itandukaniro rinini hagati ya Lagos
n'ibindi bihugu byo muri aka karere.
Yagize ati:
"Kubera
akazi kanjye nageze i Somone muri Sénégal, Dakar, Lomé muri Togo, Accra muri
Ghana na Cotonou muri Bénin. Muri ibyo bihugu umuntu ashobora kubyuka akajya ku
mucanga nta kiguzi yishyuye. Ariko hano muri Lagos, ku gice kinini cy'inkombe
zacu ugomba kubanza kwishyura kugira ngo ubone uburenganzira bwo
kwinjira."
Yakomeje
avuga ko urugendo rumwe rwo kujya ku mucanga rusaba amafaranga menshi.
"Uyu
munsi navuye mu rugo, nishyura imodoka ingeza ku cyambu, nishyura amafaranga yo
kwinjira ku mucanga, nishyura gutwara ikinyabiziga cya quad ndetse n'ibindi
bikorwa byo kwidagadura. Muri rusange, umuntu ashobora gukoresha hagati ya 30.000
na 40.000 by'amanaira, bitewe n'ibyo ashaka gukora."
Aya
mafaranga ni menshi ugereranyije n'umushahara fatizo muri Nigeria, ungana na 70.000
by'amanaira (hafi amadolari 56 ku kwezi). Ibi bivuze ko umuturage usanzwe
ashobora gukoresha hafi kimwe cya kabiri cy'umushahara we w'ukwezi ku munsi
umwe gusa wo kujya ku mucanga.
Mukthar
avuga ko ibi bituma habaho icyuho gikomeye hagati y'abafite ubushobozi
n'abatabufite.
"Gucuruza
izi nyanja bituma habaho amacakubiri. Hari abantu bashobora kujya ku mucanga,
bakaruhukira muri resitora zihenze, bakishimira ubwiza bwa Lagos. Ariko hari
n'abandi badafite ubushobozi bwo kubikora. Uyu munsi nakoresheje amafaranga
arenga kimwe cya kabiri cy'umushahara fatizo w'ukwezi kugira ngo nje ku mucanga
umunsi umwe gusa. Ibi bituma ubwiza bw'inyanja ya Lagos busigara bugerwaho
n'abafite amafaranga gusa."
Nubwo
abaturage bamwe banenga iyi gahunda, ubuyobozi bwa Leta ya Lagos buvuga ko
ishoramari ryakozwe ku nkombe z'inyanja ryagize uruhare mu kongera amafaranga
yinjira mu isanduku ya Leta.
Mu mwaka wa 2025,
Leta ya Lagos yakusanyije amafaranga y'imbere mu gihugu angana na miliyari 1,9
z'amadolari ya Amerika, yiyongera ku kigero cya 16% ugereranyije n'umwaka wa
2024, nk'uko byatangajwe na Komiseri ushinzwe Imari.
Icyakora,
impaka ziracyakomeje hagati y'abashyigikira ishoramari ku nkombe z'inyanja
n'abasaba ko izo nyanja zakomeza kuba umutungo rusange ushobora kugerwaho
n'abaturage bose, hatitawe ku bushobozi bwabo.
Like This Post? Related Posts