Guverinoma
ya Tchad yatangaje ku mugaragaro ko yamenyesheje Umuryango w’abibumbye icyemezo cyo kuva mumu rukiko mpuzamahanga
mpanabyaha (CPI), isobanura ko uru rukiko rukoresha ubutabera "bufite
ibipimo bibiri" kandi rugakurikiranira cyane cyane ibihugu byo ku mugabane
wa Afurika.
Iki cyemezo
cyafashwe nyuma y'uko ubuyobozi bwa Tchad buvuze ko kuva CPI yatangira gukora
mu mwaka wa 2002, umubare munini w'iperereza n'imanza zayo wibanze ku bihugu
bya Afurika, ibintu buvuga ko bigaragaza ubutabera bubogamye ndetse n'ikoreshwa
rya politiki mu mikorere y'urwo rukiko.
Mu itangazo
ryashyizwe ahagaragara, ubuyobozi bwa Tchad bwavuze ko bushyigikiye ihame ryo
kurwanya kudahana no gukurikirana abakora ibyaha bikomeye, ariko bukagaragaza
ko ibyo bigomba gukorwa mu buryo buboneye kandi bungana ku bihugu byose,
hatitawe ku mugabane cyangwa ku nyungu za politiki.
Nubwo Tchad
yamaze gutanga ubusabe bwo kuva muri CPI, amategeko ateganya ko icyo cyemezo
kizatangira gukurikizwa nyuma y'umwaka umwe. Muri icyo gihe cyose, Tchad
iracyafite inshingano zo gukomeza gufatanya na CPI mu iperereza n'imanza uru
rukiko rukurikiranye.
Mu myaka
yashize, Tchad yari imwe mu bihugu bya Afurika byakoranye bya hafi na CPI,
cyane cyane mu iperereza ryakorewe ku byaha by'intambara n'ibyibasiye
inyokomuntu byabereye mu karere ka Darfur muri Sudani, aho yafashaga mu bikorwa
byo gukusanya ibimenyetso no gufata bamwe mu bakekwagaho ibyaha.
Icyemezo cya
Tchad kije gikurikira ibyafashwe n'ibindi bihugu byo mu karere birimo Niger, Mali
na Burkina Faso, na byo biherutse gutangaza ko bivuye muri CPI. Ibi bikomeje
kongera impaka ku mubano hagati w'ibihugu bya Afurika n'uru rukiko, ndetse
bamwe bakavuga ko bishobora kugabanya uruhare rwa Afurika muri gahunda
z'ubutabera mpuzamahanga.
Abasesenguzi
ba politiki mpuzamahanga bavuga ko niba ibindi bihugu na byo byafata umwanzuro
nk'uwo, bishobora kugira ingaruka ku mikorere ya CPI no ku bushobozi bwayo bwo
gukurikirana ibyaha mpuzamahanga ku mugabane wa Afurika.
Ku rundi
ruhande, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yagaragaje impungenge zayo
kuri iki cyemezo. Ivuga ko kuva kwa Tchad muri CPI bishobora kudindiza urugamba
rwo kurwanya umuco wo kudahana, cyane cyane ku bahohotewe n'urugomo rwabaye
muri Tchad mu mwaka wa 2022, aho abantu benshi bishwe abandi bagahohoterwa mu
myigaragambyo n'ibikorwa by'umutekano.
Iyi miryango
isaba ko nubwo Tchad yava muri CPI, yakomeza kubahiriza amahame mpuzamahanga
y'ubutabera, igakora iperereza ryigenga kandi igahana abagaragaweho uruhare mu
byaha bikomeye, kugira ngo abarokotse n'imiryango y'abahohotewe babone
ubutabera.
Icyemezo cya
Tchad gikomeje gukurikirwa n'umuryango mpuzamahanga, mu gihe impaka ku mikorere
ya CPI n'uruhare rwayo mu guharanira ubutabera ku isi zikomeje gufata intera.
Like This Post? Related Posts