Perezida wa Cyril
Ramaphosa yahamagariye ibihugu byose byo ku mugabane wa Afurika gukomeza
ubufatanye mu gucunga neza ikibazo cy'abimukira, agaragaza ko nta gihugu na
kimwe cyashobora kugikemura cyonyine.
Ubwo
yagezaga ijambo ku bagize Pan-African Parliament, Ramaphosa yavuze ko ikibazo
cy'abimukira gikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye Afurika ihanganye na byo,
ashimangira ko hakenewe ibisubizo bihuriweho n'ibihugu byose.
Iri jambo
rije mu gihe Afurika y'Epfo ikomeje guhura n'umwuka mubi uterwa n'ihohoterwa
rikorerwa abanyamahanga. Mu byumweru bishize, habaye imyigaragambyo n'ibikorwa
byibasira abimukira, bituma guverinoma ya Ramaphosa ishyirwaho igitutu cyo
gushaka umuti urambye.
Perezida
Ramaphosa yavuze ko kwimuka kw'abaturage mu buryo butagenzurwa bishobora
guhungabanya umutekano n'ubumwe bw'abaturage, ariko ashimangira ko igisubizo
nyakuri atari ukwibasira abimukira, ahubwo ari ugukemura ibibazo bituma abantu
bahunga ibihugu byabo.
Yagize ati: "Nk'ibihugu
bya Afurika, tugomba kwemera no gukemura impamvu nyamukuru zituma abaturage
bava mu bihugu byabo."
Yagarutse ku
mpamvu zirimo intambara, umutekano muke, ibibazo bya politiki, imiyoborere
idahwitse, ubukene bukabije ndetse n'ubusumbane mu mibereho, avuga ko ari byo
bituma ibihumbi by'Abanyafurika bahitamo gushaka ubuzima ahandi.
Mu gihe gito
gishize, imitwe ivuga ko irengera inyungu z'Abanya-Afurika y'Epfo yakajije
imyigaragambyo isaba ko abimukira badafite ibyangombwa bava muri icyo gihugu.
Abo bigaragambya bashinja bamwe mu banyamahanga kugira uruhare mu bwiyongere
bw'ibyaha, ubushomeri ndetse no kuremerera serivisi za Leta nk'ubuvuzi
n'uburezi.
Iyi
myigaragambyo yatangiye umwaka ushize ishingiye ku mpaka zerekeye uburenganzira
bw'abimukira bwo kwivuriza mu mavuriro ya Leta, ariko muri uyu mwaka
yarushijeho gukaza umurego, aho bamwe basabaga ko abanyamahanga baba bamaze
kuva muri Afurika y'Epfo mbere ya tariki ya 30 Kamena.
Imibare
yakusanyijwe hashingiwe ku bikorwa byo gutahura abaturage byakozwe n'ibihugu
bitandukanye igaragaza ko mu mezi abiri ashize gusa, abaturage b'abanyamahanga
barenga 160.000 bavuye muri Afurika y'Epfo basubira mu bihugu byabo. Ibi ni
bimwe mu bikorwa bikomeye byo gutahura abaturage byabaye muri icyo gihugu mu
myaka ya vuba.
Ihohoterwa
ryibasiye abanyamahanga rimaze guhitana nibura abantu bane, nubwo ibihugu bimwe
bivuga ko umubare w'abapfuye ushobora kuba urenze uwo watangajwe ku mugaragaro.
Perezida
Ramaphosa yamaganye yivuye inyuma ibyo bikorwa, abyita "ibiteye agahinda kandi
biteye isoni." Yavuze ko Afurika y'Epfo yifatanyije n'imiryango yabuze
ababo kandi ko yihanganishije ibihugu byaturutsemo abo bahitanywe n'urugomo.
Yanashimangiye
ko guverinoma ye izakomeza kurwanya urwango rwibasira abanyamahanga, ivangura
n'ivanguramoko rikorerwa Abanyafurika baturuka mu bindi bihugu.
Hagati aho
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika watangiye kuganira kuri iki kibazo nyuma y'uko
Ghana isabye ko cyahabwa umwanya wihariye.
Abaturage
babiri ba Ghana bagejeje ikirego mu rukiko mpuzamahanga Mpanabyaha rw’ I La
haye basaba ko hakorwa iperereza ku bitero byibasira abanyamahanga.
Icyakora,
ubuyobozi bwa Afurika y'Epfo bwahakanye ibyo birego, bubyita ibikorwa bya
politiki bidafite ishingiro.
Nubwo
Afurika y'Epfo ari yo ifite ubukungu bunini kurusha ibindi bihugu bya Afurika
kandi ikaba imaze imyaka myinshi yakira abimukira benshi, yakunze kwibasirwa
n'imvururu zishingiye ku rwango rw'abanyamahanga kuva mu myaka hafi makumyabiri
ishize.
Mu mwaka wa 2008,
imyigaragambyo nk'iyi yahitanye abantu 62 inasiga ibihumbi by'abaturage bahunze
ingo zabo. Indi myivumbagatanyo yabaye mu 2015, 2016 na 2019, aho abantu 12
bishwe, benshi muri bo ari Abanya-Afurika y'Epfo.
Abasesenguzi
bavuga ko ikibazo kiriho ubu gifite uburemere budasanzwe kuko ku nshuro ya
mbere ibihugu byinshi bya Afurika byahurije hamwe ibikorwa byo gutahura
abaturage babyo bari muri Afurika y'Epfo, bikaba bigaragaza impungenge zikomeje
kwiyongera ku mutekano n'imibereho y'abanyamahanga muri icyo gihugu.
Perezida
Ramaphosa asoza yibutsa ko igisubizo kirambye kitazava mu rwango cyangwa mu
kwirukana abimukira, ahubwo kizava mu bufatanye bw'ibihugu bya Afurika, guteza
imbere amahoro, imiyoborere myiza, ubukungu n'iterambere, kugira ngo abaturage
babone impamvu zo kubaka ejo hazaza habo mu bihugu byabo.
Like This Post? Related Posts