• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye urubyiruko rwitabiriye Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16 gusoza amahugurwa rufite intego yo kuba abubatsi b’iterambere ry’u Rwanda, abakemura ibibazo kandi bagaharanira guhanga ibisubizo bishya bizafasha igihugu gukomeza gutera imbere.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abitabiriye Itorero ryabereye mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare cya Gabiro, aho yibukije urubyiruko ko ejo hazaza h’u Rwanda hushingiye ku ruhare rw’Abanyarwanda ubwabo, aho gutegereza ko iterambere rizava hanze.

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kujyana isomo rimwe rikomeye mu byo rwize muri Itorero.

Yagize ati: “Mu bintu byinshi mugiye kujyana, hari kimwe mugomba kugumana mu mutwe: ubu muri abubatsi b’ikintu runaka. Muri abakemura ibibazo. Muri abantu bafite ubushobozi bwo guhanga ibisubizo bishya. Kandi mufite inshingano yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu.”

Yavuze ko urubyiruko rukwiye kumva ko rufite ubushobozi bwo guhindura igihugu binyuze mu bitekerezo byarwo, umurimo unoze n’ubwitange.

Perezida Kagame yashimangiye kandi  ko nta wundi uzubaka u Rwanda usibye Abanyarwanda ubwabo.

Yaburiye urubyiruko kwirinda imyumvire yo gutegereza ko abanyamahanga ari bo bazazana ibisubizo ku bibazo by’igihugu.

Yagize ati:“U Rwanda ntiruzubakwa n’abantu baturuka ahandi, oya rwose. Niba hari uwabitekerezaga, ahindure iyo mitekerereze ako kanya. Ntibikora gutyo. Ni mwe mugomba kurwubaka.”

Yasobanuye ko ubufatanye mpuzamahanga bushobora gufasha igihugu, ariko ko iterambere rirambye rigomba guturuka ku mbaraga, ubumenyi n’ubwitange bw’Abanyarwanda.

Perezida Kagame yakomeje asaba  urubyiruko kudatinya gufata inshingano no guhanga udushya mu nzego zitandukanye.

Yavuze ko igihugu gikeneye urubyiruko rufite ibitekerezo bishya, rushobora gukemura ibibazo byugarije abaturage no kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Yagaragaje ko buri wese, aho ari hose, ashobora kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu binyuze mu gukora neza, kwiga, guhanga udushya no gukorera hamwe.

Yongeye kwibutsa abitabiriye Itorero ko gahunda ya Indangamirwa itagamije gusa gutanga amasomo y’ubumenyi, ahubwo igamije kubaka urubyiruko rufite indangagaciro zo gukunda igihugu, ubwitange, ubunyangamugayo n’ubuyobozi bwiza.

Yasabye urubyiruko gukoresha amasomo rwakuye muri iri Torero mu buzima bwa buri munsi no kuba intangarugero mu miryango no mu muryango mugari nyarwanda.

Perezida Kagame yasoje ashimangira ko afite icyizere gikomeye ku rubyiruko rw’u Rwanda, arusaba gukomeza kugira intego, gukorera igihugu no kwizera ko rufite ubushobozi bwo kugihindura.

Yavuze ko iterambere ry’u Rwanda rizashingira ku baturage barwo bafite icyerekezo, disipulini n’umuco wo gukemura ibibazo, bityo ko Indangamirwa z’Icyiciro cya 16 zikwiye kuba bamwe mu bazayobora urwo rugendo rwo kubaka igihugu gifite amahoro, ubumwe n’iterambere rirambye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments