Umunyapolitiki
utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda, Dr. Kizza Besigye, yagize ikibazo
cy'ubuzima agwa mu rukiko ku wa Gatatu, tariki ya 29 Nyakanga 2026, mu gihe
yari ari kuburana mu rubanza aregwamo icyaha cy'ubugambanyi (treason),
cyahanishwa igihano cy'urupfu muri Uganda.
Dr. Besigye,
umaze amezi menshi afunzwe adahawe ingwate, yari yitabiriye iburanisha
ryabereye mu rukiko rwa Kampala. Abari bahari bavuga ko yabanje gusakuza
inshuro nyinshi avuga ijambo "Stop" (Mureke) mbere yo kugwa inyuma mu
mwanya w'abaregwa. Ibyo byatumye iburanisha rihagarikwa by'agateganyo,
abacungagereza n'abaganga bihutira kumutabara. Nyuma yaje kujyanwa mu modoka
y'imbangukiragutabara, ariko icyo gihe ubuyobozi ntibwari bwatangaza aho yari
yajyanywe cyangwa uko yari amerewe.
Iyi nkuru
yongeye gukaza impaka ku buzima bwa Dr. Besigye, aho umuryango we
n'abamushyigikiye bamaze igihe bavuga ko ubuzima bwe bukomeje kuzahara kubera
igihe kirekire amaze afunzwe.
Umugore we, Winnie
Byanyima, hamwe n'abaharanira uburenganzira bwa muntu, bakomeje gusaba ko
yarekurwa nibura ku mpamvu z'uburwayi kugira ngo avurwe n'abaganga yigenga, aho
kuvurirwa gusa n'abaganga bashyizweho na Leta.
Ubushinjacyaha
bwa Uganda bushinja Dr. Besigye n'abo bareganwa umugambi wo guhirika ubutegetsi
bwa Perezida Yoweri Museveni, ibirego we n'abamwunganira bahakana bavuga ko
bifite impamvu za politiki. Nyuma yo kugwa mu rukiko, iburanisha ryasubitswe
kugira ngo yitabweho.
Dr. Kizza
Besigye ni umwe mu banyapolitiki bazwi cyane muri Uganda. Yigeze kuba muganga
wa Perezida Museveni ndetse banakorana mu rugamba rwo kubohora igihugu, ariko
nyuma aza kuba umwe mu bamunenga cyane.
Yahatanye na
Perezida Museveni mu matora ya perezida inshuro enye, ndetse imyaka myinshi
amaze ari umwe mu bayobozi bakomeye batavuga rumwe n'ubutegetsi. Afungwa kwe
n'urubanza rwe bikomeje gukurikiranwa n'imiryango mpuzamahanga iharanira
uburenganzira bwa muntu, isaba ko habaho ubutabera buboneye no kubahiriza
uburenganzira bwe.
Like This Post? Related Posts