Umunyamabanga
wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Usta Kaitesi,
yakiriye kopi z’impapuro zemerera Ambasaderi wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande
guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Amb. Nasra
bint Salim bin Mohammed Al Hashmi, ugiye guhagararira Oman mu Rwanda azaba
afite icyicaro i Nairobi muri Kenya mu gihe Olivia Charlotte Owen wa
Nouvelle-Zélande azakorera i Addis Ababa muri Ethiopie.
U Rwanda
n’Ubwami bwa Oman bifitanye umubano ukomeye ushingiye kubufatanye mu nzego zitandakunaye
zirimo dipolomasi, ubucuruzi, n’ubwikorezi.
Mu bihe
bitandukanye, ibi bihugu byombi byashyize umukono ku masezerano atandukanye
agamije koroshya ingendo, ishoramari, n’ikoranabuhanga.
Mu minsi
ishize Sosiyete y’indege ya SalamAir yo muri Oman yatangije ku mugaragaro
ingendo zayo za mbere zihuza Umurwa Mukuru, Muscat n’uwa Kigali. Izi ngendo
zikorwa kabiri mu cyumweru buri wa Kabiri no ku wa Kane, bikazafasha abagenzi
kubona uburyo bworoshye kandi budahenze bwo gukora ingendo hagati ya Oman n’u Rwanda.
Abagenzi
bazajya bagira amahirwe yo gukomeza ingendo zabo bajya mu bindi bice
by’Uburasirazuba bwo Hagati, Aziya, Afurika n’u Burayi.
Ku rundi
ruhande, umubano w’u Rwanda na Nouvelle-Zélande uarahamye aho ibihugu byombi
bifitanye imikoranire mu nzego zutandukanye zirimo politiki, ubucuruzi
n’ishoramari.
U Rwanda na
New Zealand biherutse gutera indi ntambwe ikomeye mu gushimangira umubano
wabyo, nyuma yo gusinya amasezerano mashya y’ubufatanye agamije kunoza
ibiganiro bya politiki hagati y’ibihugu byombi.
Iby’ingenzi
bikubiye muri aya masezerano harimo gushyiraho ibiganiro bya politiki bihoraho
hagati y’ibihugu, kungurana ibitekerezo ku bibazo mpuzamahanga n’Akarere,
gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye (nk’ubucuruzi, ishoramari,
n’iterambere).
Aya
masezerano azafasha mu kunoza uburyo ibihugu byombi biganira kenshi kandi ku
rwego rwo hejuru, gushimangira umubano w’ibihugu byombi no guteza imbere
ubucuruzi n’ishoramari.