Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye gusaba urubyiruko rw’Abanyarwanda
kwirinda ubusinzi n’ibindi biyobyabwenge, agaragaza ko biri mu bibazo bikomeje
kwangiza ubuzima bw’abakiri bato no kubabuza kugera ku ntego zabo.
Yabitangaje
ubwo yaganiraga n’abitabiriye Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 16, abasaba
kubanza kwita ku buzima bwabo no gufata ibyemezo bibafasha kubaka ejo hazaza
heza.
“Perezida
Kagame yabwiye uru rubyiruko ko igihugu kibafitiye icyizere kandi ko ari bo
bazubaka ejo h’u Rwanda.
Yagize ati:“Mwebwe
rubyiruko turabakeneye. Turabakunda. Ariko mbere ya byose, nimubanze
mwiyiteho.”
Yasobanuye
ko urubyiruko rugomba kurinda ubuzima bwarwo no kwirinda ibintu byose
byaburizamo inzozi zarwo, kuko ari rwo musingi w’iterambere ry’igihugu.
Mu butumwa
bwe, Perezida Kagame yavuze ko kunywa inzoga birenze urugero bimaze kuba
nk’umuco bamwe bakururiramo n’abandi.
Yagaragaje
ko hari abantu bashora bagenzi babo muri uwo muco, nyamara ugira ingaruka
zikomeye ku buzima no ku hazaza h’urubyiruko.
Yagize ati: “Uyu
muco wo kunywa inzoga, mbona bamwe bawugize nk’idini, bakawinjizamo n’abandi.
Inzoga zirabica. Ziri kwica urubyiruko. N’abakuru benshi zarabarangije, abandi
na bo bari muri uwo murongo ariko bananirwa kubivamo.”
Perezida
Kagame yasabye urubyiruko gutekereza ku ntego rwihaye no ku cyerekezo
cy’igihugu, agaragaza ko ubusinzi n’ibiyobyabwenge bishobora kubisenya mbere
y’uko babigeraho.
Yagize ati:“Ndabihanangiriza
kandi ndabinginga. Ibyo twavuze byose, impamvu mwaje hano n’ibyo duteganyiriza
igihugu cyacu, ibi bintu bishobora kubica mbere y’uko mugera ku nzozi zanyu.”
Yibukije urubyiruko
ko amahirwe yo kubaho neza no kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda asaba
kwirinda imyitwarire ishobora kubasenyera.
Perezida
Kagame yashimangiye ko igihugu gikeneye urubyiruko rufite ubuzima bwiza, rufite
disipulini kandi rufite ubushobozi bwo guhanga udushya no gukemura ibibazo.
Yavuze ko
kubaka u Rwanda bidashoboka igihe urubyiruko rwaratwawe n’ibiyobyabwenge
cyangwa ubusinzi, kuko ibyo bigabanya ubushobozi bwo gukora no gutekereza neza.
Mu gusoza
ubutumwa bwe, Perezida Kagame yasabye urubyiruko guhitamo inzira ibafasha
kugera ku ntego zabo, bakirinda ibishuko bishobora kubangiriza ejo hazaza.
Yashimangiye
ko urubyiruko rufite amahirwe menshi yo guteza imbere igihugu, ariko ko ayo
mahirwe azagerwaho ari uko rurinze ubuzima bwarwo, rugakunda umurimo,
rugaharanira ubumenyi kandi rugakomeza kubaka u Rwanda rufite amahoro
n’iterambere.
Like This Post? Related Posts