Leta ya Florida
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoze amateka adasanzwe nyuma yo gushyira mu
bikorwa ibihano bibiri by’urupfu ku munsi umwe, ibintu bitari byarakozwe muri
iyo leta mu myaka myinshi ishize. Mu bishwe harimo umugabo wari ufite imyaka 80,
umwe mu bantu bakuze kurusha abandi bamaze guhanishwa igihano cy’urupfu mu
mateka ya Amerika agezweho.
Abagabo
bishwe ni James Aren Duckett w’imyaka 68 na Dominick Anthony Occhicone w’imyaka
80. Bombi bishwe batewe urushinge rwica (lethal injection) muri Gereza ya Leta
ya Florida ku wa 28 Nyakanga 2026, nyuma y’uko ubujurire bwabo bwa nyuma
bwanzwe n’Inkiko.
Dominick
Anthony Occhicone yari yarakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo guhamwa n’icyaha
cyo kwica ababyeyi b’uwari umukunzi we mu 1986. Kubera imyaka ye 80, yabaye uwa
kabiri ukuze kurusha abandi wishwe hakoreshejwe igihano cy’urupfu mu mateka ya
Amerika agezweho, ndetse aba n’umuntu ukuze kurusha abandi wigeze yicirwa muri
Florida. Mbere yo kwicwa, yavuze amagambo agaragaza kwicuza ku byaha yakoze.
Mu masaha
make mbere y’iyicwa rya Occhicone, Florida yari yamaze kwica James Aren
Duckett, wahoze ari umupolisi. Duckett yari yarahamwe n’icyaha cyo gufata ku
ngufu no kwica umukobwa w’imyaka 11 mu 1987. Nubwo abamwunganiraga bagerageje
guhagarika igihano bavuga ko hari ibimenyetso bya DNA bitarafata umwanzuro
uhamye, inkiko zanze ubusabe bwabo.
Ibi bihano
bibiri by’urupfu byatumye Florida iba leta ya mbere muri Amerika mu myaka hafi
icumi ikoze ibihano bibiri by’urupfu ku munsi umwe. Kandi ni kimwe mu
bimenyetso by’uko iyo leta ikomeje gukoresha cyane igihano cy’urupfu kurusha
izindi leta zo muri Amerika muri uyu mwaka wa 2026.
Kwamamaza
imikoreshereze y’igihano cy’urupfu muri Florida yakomeje guteza impaka. Hari
abavuga ko ari uburyo bwo guha ubutabera imiryango y’abahohotewe, mu gihe
abandi, barimo imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, banenga umuvuduko
ibi bihano biri gushyirwa mu bikorwa no gukomeza gushyigikira iseswa ry’igihano
cy’urupfu.
Like This Post? Related Posts