Muri Uganda
ubuzima bw'umunyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi Kizza Besigye bukomeje
guteza impungenge nyuma yo kugwa igihumure ku wa Gatatu ubwo yari ari
kuburanira mu rukiko ku cyaha cyo kugambanira igihugu, icyaha gishobora
guhanishwa igihano cy'urupfu.
Nk'uko
byatangajwe n'umugore we, Winnie Byanyima, Besigye yahise ajyanwa mu bitaro
bikuru bya Kampala, aho yashyizwe mu ishami ryita ku barembye .
Byanyima
yavuze ko umugabo we yari yatakaje ubwenge kandi ko ubuzima bwe bwari mu kaga.
Ibitaro byemeje ko yakiriwe, ariko ntibyatangaje amakuru arambuye ku buzima
bwe.
Kizza
Besigye, ufite imyaka 70, amaze amezi menshi afunzwe. Yabaye umuganga bwite wa
Perezida Yoweri Museveni mbere yo kwinjira muri politiki no kuba umwe mu
batavuga rumwe n'ubutegetsi bafite ijambo rikomeye muri Uganda.
Mu myaka
ishize, Besigye yiyamamarije umwanya wa Perezida inshuro nyinshi ahanganye na
Museveni, ariko yakunze kuvuga ko amatora atabaye mu mucyo. Kuva icyo gihe,
yakomeje guhura n'ibibazo birimo gufungwa, gukurikiranwa n'inzego z'umutekano
no kuburanishwa ku byaha we n'abamushyigikiye bavuga ko bifite inkomoko ya
politiki.
Abagize
umuryango we n'abamwunganira mu mategeko bavuga ko amaze igihe afungiwe mu
buryo butubahiriza uburenganzira bwa muntu, bakavuga ko ubuzima bwe
bwarushijeho kuzahara kubera imibereho yo muri gereza no kutabona ubuvuzi
buhagije.
Bakomeje
gusaba ko arekurwa by'agateganyo kugira ngo yitabweho n'abaganga mu buryo
bukwiye, bavuga ko ubuzima bwe bukwiye guhabwa agaciro mbere y'ibindi byose.
Iki kibazo
kije mu gihe Uganda ikomeje kunengwa n'imiryango mpuzamahanga iharanira
uburenganzira bwa muntu kubera ibivugwa ko ari iyongera ry'igitutu ku batavuga
rumwe n'ubutegetsi, abanyamategeko babunganira ndetse n'itangazamakuru
ryigenga.
Mu gihe
hategerejwe andi makuru aturutse kwa muganga no mu rukiko, Abanya-Ouganda
n'umuryango mpuzamahanga bakomeje gukurikiranira hafi uko ubuzima bwa Kizza
Besigye buhagaze n'icyerekezo cy'urubanza aregwamo.