Perezida wa
Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye impapuro z'ubuhagararizi zitanzwe
na ba Ambasaderi babiri bashya bagiye guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, mu
muhango wabereye muri Village Urugwiro.
Abo ni Amb.
Nasra Bint Salim Bin Mohammed Al-Hashmi, wagizwe Ambasaderi w'Ubwami bwa Oman
mu Rwanda, ndetse na Olivia Charlotte Owen, wagizwe High Commissioner wa New
Zealand mu Rwanda.
Uyu muhango
ugaragaza intambwe ya nyuma mu buryo bwa dipolomasi, aho aba bahagarariye
ibihugu byabo bahabwa uburenganzira busesuye bwo gutangira inshingano zabo mu
Rwanda.
Amb. Nasra
Bint Salim Bin Mohammed Al-Hashmi aje guhagararira Ubwami bwa Oman mu gihe
umubano hagati y'ibihugu byombi ukomeje gutera imbere.
U Rwanda na
Oman bisanzwe bifatanya mu nzego zirimo ubucuruzi, ishoramari, ubwikorezi bwo
mu kirere, ubukerarugendo n'ubundi bufatanye bwa dipolomasi.
Biteganyijwe
ko manda ye izibanda ku gukomeza kwagura ayo mahirwe no gushimangira ubufatanye
hagati y'ibihugu byombi.
Perezida
Kagame yanakiriye Olivia Charlotte Owen, watangiye inshingano ze nka High
Commissioner wa New Zealand mu Rwanda.
New Zealand
n'u Rwanda bikomeje gushimangira umubano mu nzego zirimo uburezi, ubuhinzi,
kurengera ibidukikije, guhanga udushya ndetse n'iterambere rirambye.
Nubwo afite
icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia, azakurikirana ibikorwa byose birebana
n'umubano wa New Zealand n'u Rwanda.
Kwakira aba
bahagarariye ibihugu byabo ni kimwe mu bimenyetso by'uko u Rwanda rukomeje
kwagura umubano warwo n'ibihugu byo hirya no hino ku isi.
Mu myaka
ishize, u Rwanda rwakomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere dipolomasi
ishingiye ku bufatanye, ishoramari, ubucuruzi n'iterambere rirambye, ari na byo
bikomeje gukurura ibihugu byinshi kurushaho gukorana na rwo.
Biteganyijwe
ko aba ba Ambasaderi bazakorana n'inzego zitandukanye z'u Rwanda mu gushyira mu
bikorwa gahunda zigamije guteza imbere umubano hagati y'ibihugu byombi no
guteza imbere inyungu rusange z'abaturage.
Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi Mushya wa Oman, Nasra bint Salim bin Mohammed Al Hashmi, mu Rwanda.
Perezida
Kagame yakiriye Ambasaderi Mushya wa Nouvelle-Zélande, Olivia Charlotte Owen,
mu Rwanda.