• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Indege za kajugujugu n’abashinzwe kuzimya inkongi bakomeje guhangana n’umuriro ukomeye wibasiye ishyamba hafi ya Veguellina, mu Ntara ya León mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Espagne.

Uyu muriro ukomeje kwibasira agace ka San Pedro de Olleros, watumye abaturage bo mu midugudu itanu batangira kwimurwa kugira ngo barindwe.

Amashusho yagaragaye agaragaza umwotsi mwinshi uzamuka mu kirere, mu gihe umuriro wakwiraga mu mashyamba. Kajugujugu zagaragaye zisuka amazi ku muriro, mu gihe abashinzwe kuzimya inkongi bari ku butaka bageragezaga kuwuhagarika.

Uyu muriro watangiye ku wa Gatatu nyuma ya saa sita mu gace ka Villafranca del Bierzo, kandi wakomeje kuba ku rwego rwa kabiri rw’ubukana mu bipimo by’intara ya Castilla y León, bisobanura ko ushobora guteza akaga gakomeye ku bantu no ku mitungo.

Umuyaga ukomeye wahindukaga kenshi wakomeje kongera ubukana bw’umuriro ku wa Kane, bituma abaturage bo muri San Pedro de Olleros, Moreda, San Martin de Moreda na Valle de Finolledo basabwa kuva mu byabo. Prado de la Somoza yari yarimuwe ku munsi wabanje.

Abantu bagera kuri 300 bahatiwe kuva mu ngo zabo, barimo 175 bo muri San Pedro de Olleros. Ahantu ho kwakirira abimuwe hashyizweho muri Cacabelos na Villafranca del Bierzo kugira ngo bahabwe aho kuba n’ubufasha.

Inzego z’ubutabazi zohereje ibikoresho birenga 30 birimo ibyifashishwa mu kirere no ku butaka. Ishami rya Gisirikare rishinzwe ubutabazi (Military Emergency Unit) ryohereje abakozi 17 n’imodoka umunani, mu gihe hateganyijwe izindi nkunga mu gihe ibintu byakomeza kuba bibi.

Uyu muriro ubaye mu gihe ibihugu byinshi by’u Burayi bikomeje guhura n’inkongi zikomeye muri uyu mwaka, cyane cyane Espagne n’u Bufaransa, aho abantu benshi bamaze kwimurwa kubera ubushyuhe bukabije n’umuriro ukomeje gukwirakwira.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments