Abapolisi 11 bishwe, abandi barenga 20 barakomereka mu gitero cyateguwe n’abarwanyi ku kigo cy’umutekano mu Ntara ya Khyber Pakhtunkhwa, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Pakistan, hafi y’umupaka na Afghanistan.
Amashusho yafashwe nyuma y’iki gitero ku wa Kane agaragaza imbangukiragutabara zijyana inkomere ku bitaro bya Hangu, abaganga bavura abakomeretse ndetse n’abakozi b’ubutabazi bari mu bikorwa byo gutabara.
Polisi yavuze ko abarwanyi bagabye igitero ku kigo cya Khazina Check Post bakoresheje intwaro zikomeye, mbere yo gutega igico abapolisi bari bahari.
Umupolisi witwa Zaheer u Din yavuze ko abarwanyi bateye baturutse impande zose, ariko abapolisi bakarwanana ubutwari kugeza mu masaha ya saa mbiri z’ijoro.
Yavuze ko muri iyo mirwano abarwanyi na bo bahasize ubuzima, aho amakuru y’ibanze yavugaga ko abagera kuri 15 bishwe.
Ku ruhande rwa polisi, abapfuye barimo umuyobozi wungirije wa polisi (DSP) Dyar Khan n’abandi bapolisi 10. Abagera kuri 28 cyangwa 33 bakomeretse, bitewe n’amakuru yatangajwe n’inzego zitandukanye, bakaba baravuriwe mu Bitaro Bikuru bya Hangu.
Umuyobozi w’ibitaro, Haleem u Rehman Khattak, yavuze ko batangaje ubutabazi bwihutirwa ubwo inkomere n’imirambo byatangiraga kuhagera, maze abaganga bose bari hafi bahamagarwa kugira ngo bafashe mu kuvura.
Igisirikare cya Pakistan n’inzego z’umutekano byatangaje ko igitero cyatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, aho abarwanyi babanje gukoresha indege nto zitagira abapilote (quadcopters) zitwaje ibisasu, mbere yo kugaba igitero simusiga ku kigo cya polisi.
Akarere ka Khyber Pakhtunkhwa gakunze kugaragaramo ibikorwa by’ubwiyahuzi n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro, cyane cyane abarwanyi bahuriye ku mupaka wa Pakistan na Afghanistan.