• Amakuru / POLITIKI


Abantu bakomeje imyigaragambyo i Kyiv basaba ko Mykhailo Fedorov wahoze ari Minisitiri w’Ingabo za Ukraine asubizwa ku mwanya we, nyuma yo gukurwa muri Guverinoma mu ivugurura ry’abayobozi.

Abigaragambya bateraniye mu murwa mukuru Kyiv ku wa Kane, banenga impinduka zakozwe na Perezida Volodymyr Zelensky mu buyobozi bwa Guverinoma, bavuga ko kutumvikana n’abaturage no kutagira ibisobanuro bihagije ku mpinduka ari ikibazo.

Amashusho y’iyi myigaragambyo agaragaza abaturage bafite ibyapa byanditseho amagambo arimo ati: “Amakimbirane ashingiye ku ivugurura: kuki mubeshya?” ndetse na “Abatumva abaturage babo batakaza uburenganzira bwo kubavugira.”

Fedorov yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo hagati muri Nyakanga, nyuma y’amezi atandatu gusa Inteko Ishinga Amategeko imugize umuyobozi w’iyi minisiteri. Uku gukurwa ku mwanya kwe kwateye imyigaragambyo mu bice bitandukanye bya Ukraine.

Perezida Zelensky yavuze ko Fedorov na Oleksandr Syrsky wari Umugaba Mukuru w’Ingabo batari bagishoboye gukorana neza, bityo hakaba hakenewe impinduka kugira ngo haboneke ubumwe hagati y’ubuyobozi bw’igisirikare na Minisiteri y’Ingabo.

Nyuma, Zelensky yasimbuje Syrsky na Mykhailo Drapaty, anaha Fedorov umwanya wa Visi Minisitiri w’Intebe ushinzwe guhanga udushya mu by’ingabo, ariko Fedorov awanga avuga ko ashaka gusa gusubira ku mwanya yari afite.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Fedorov yavuze ko yakuweho kubera imbaraga yashyiraga mu kuvugurura uburyo bwo gutanga amasoko mu gisirikare.

Yavuze ko impinduka yashakaga gukora zigamije kongera gukorera mu mucyo no kugabanya inyungu z’abantu bamwe bari bafite uruhare rukomeye muri ubwo buryo, ari zo zatumye ahura n’abamurwanya.

Iri vugurura muri Guverinoma ya Ukraine ryanatumye uwari Minisitiri w’Intebe, Yuliia Svyrydenko, akurwa ku mwanya, asimburwa na Serhii Koretsky wahoze ayobora ikigo cya Naftogaz ku wa 16 Nyakanga.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments