Umuyobozi
Mukuru wa Polisi y'u Rwanda (RNP), CG Felix Namuhoranye, yakiriye Umugaba
w'Ingabo ushinzwe Umutekano Rusange (Collective Security) mu Ngabo z'Ubwami bwa
Jordan, Maj. Gen. Obeidallah Abedrabbuh Maaitah, hamwe n'intumwa ayoboye, zari
mu Rwanda mu ruzinduko rw'akazi rwamaze iminsi ine.
Ibiganiro
byabereye ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y'u Rwanda byagarutse ku buryo ibihugu
byombi byakomeza gushimangira ubufatanye mu rwego rw'umutekano, binyuze mu
guhanahana ubunararibonye, amahugurwa n'ubumenyi bw'umwuga hagati y'inzego
zishinzwe kubahiriza amategeko.
CG Felix
Namuhoranye yashimye umubano usanzwe uhuza u Rwanda na Jordan, avuga ko
ubufatanye hagati y'inzego z'umutekano z'ibihugu byombi bukomeje gutanga
umusaruro mu kubaka ubushobozi bw'abashinzwe umutekano no guteza imbere
umutekano rusange.
Yagaragaje
kandi ko u Rwanda rushyira imbere ubufatanye n'ibihugu by'inshuti mu rwego rwo
guhangana n'ibyaha byambukiranya imipaka, iterabwoba, ibyaha bikorwa
hifashishijwe ikoranabuhanga n'ibindi bibazo bibangamira umutekano.
Ku ruhande
rwe, Maj. Gen. Obeidallah Abedrabbuh Maaitah yashimangiye ko Jordan yiteguye
gukomeza guteza imbere umubano n'u Rwanda, by'umwihariko hagati y'inzego
z'umutekano, binyuze mu gusangira ubunararibonye, kongerera ubushobozi abakozi
no gukomeza ubufatanye mu bikorwa bigamije kubungabunga amahoro n'umutekano.
Mu ruzinduko
rwabo rwamaze iminsi ine mu Rwanda, intumwa za Jordan zanasuye ibikorwa
bitandukanye bya Polisi y'u Rwanda kugira ngo zirebere hamwe uburyo ikoresha
ikoranabuhanga n'ubundi buryo bugezweho mu kubungabunga umutekano no gutanga
serivisi nziza ku baturage.
U Rwanda na
Jordan bisanzwe bifitanye umubano mwiza mu bya dipolomasi n'umutekano, aho
ibihugu byombi bikomeje gukorana mu kubaka ubushobozi bw'inzego z'umutekano no
guteza imbere amahoro n'umutekano haba mu karere no ku rwego mpuzamahanga.
Like This Post? Related Posts