Mu rwego rwo
guha agaciro umurage wa nyakwigendera Senateri Mukabalisa Donatille, umuryango
we watangaje ko amafaranga abantu bari kuzatanga bagura indabo zo kumuherekeza
bayakusanya akazahabwa abarwayi batishoboye bavurirwa mu Bitaro
by’Icyitegererezo bya Kanseri bya Butaro.
Mu butumwa
bwashyizwe ahagaragara, umuryango wabwiye inshuti, abo bakoranye n’abandi bose
bifuza kumuherekeza, gutanga inkunga mu mafaranga yari kugura indabo.
Umuryango we
watangaje ko icyo gikorwa kigamije gufasha abarwayi batishoboye no gukomeza
ibikorwa by’urukundo n’ubumuntu byaranze ubuzima bwa nyakwigendera.
Ni igikorwa
cyafashwe nk’ubutumwa bwo guhindura icyunamo kikavamo icyizere ku barwayi
bakeneye ubufasha.
Senateri
Mukabalisa, wanabaye Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu gihe cy’imyaka 11,
yatabarutse ku wa 30 Nyakanga mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali.
Senateri
Mukabalisa kandi, yari Perezida w’Ishyaka riharanira Kwishyira Ukizana kwa buri
Munyarwanda (PL).
Biteganyijwe
ko azashyingurwa kuri uyu wa Gatanu, tariki 7 Kanama 2026, naho umugoroba wo
kwizihiza ubuzima bwe ukaba uribube kuri uyu wa Kane tariki 6 Kanama 2026
guhera saa kumi n’ebyira kugeza saa yine z’ijoro.
Like This Post? Related Posts