• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Abaganga n’abakozi bari ku isonga mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bakoze imyigaragambyo basaba guhabwa imishahara n’uduhimbazamusyi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa, kuva icyorezo cyaduka muri Gicurasi 2026.

Iyi myigaragambyo yabereye ku biro bya Guverineri w’Intara ya Ituri biherereye mu Mujyi wa Bunia, kuri uyu wa Kane.

Abigaragambya bavuga ko gutinda guhembwa byabashyize mu bibazo bikomeye by’imibereho kandi bikaba bishobora no kudindiza ibikorwa byo guhangana n’icyorezo.

Umwe mu bakozi bigaragambyaga, Edouige Makosi, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko ubuyobozi bukwiye kwihutira gukemura ikibazo cy’imishahara kugira ngo ibikorwa byo kurwanya Ebola bikomeze nta nkomyi.

Yagize ati: “Nibakomeza kudufata muri ubu buryo, bizagorana kurandura Ebola muri iyi Ntara. Turasaba inzego zibishinzwe gusuzuma ikibazo no kugikemura vuba.”

Kugeza ubu, Leta ya RDC ntiragira icyo itangaza kuri iyi myigaragambyo. Icyakora, mu cyumweru gishize yemeye ko habayeho ibibazo mu mitegurire y’ubwishyu, inizeza ko biri gukemurwa.

Nk'uko Al Jazeera yabitangaje, icyorezo cya Ebola gikomeje gufata intera muri RDC, kikaba kimaze guhitana abantu barenga 1,800 kuva cyongeye kwaduka muri Gicurasi 2026.

Abigaragambya ni abakorera mu Mujyi wa Bunia, uvugwamo abarenga 90% by’abanduye Ebola mu Ntara ya Ituri. Biyongereye ku bandi bakozi baherutse guhagarika akazi mu cyumweru gishize na bo basaba guhembwa.

Imibare iheruka gutangazwa na Leta ya RDC igaragaza ko abantu 3,973 bamaze kwandura Ebola, muri bo 1,801 bakaba barapfuye. Hari kandi abarwayi 674 bari mu kato, benshi muri bo bakaba bari mu Ntara ya Ituri.

Abashinzwe ubuzima bagaragaza impungenge ko hagati ya 60% na 70% by’abandura Ebola bashya ari abantu batari mu kato, ibintu bishobora gukomeza guteza icyuho mu rugamba rwo guhashya iki cyorezo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments