• Amakuru / MU-RWANDA

Mu Ngoro y'Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda hatangijwe ku mugaragaro Inama ya 18 y'Igihugu y'Abana (National Children Summit 2026), ihuza abana baturutse mu turere twose tw'igihugu, hagamijwe kubaha urubuga rwo kugaragaza ibitekerezo byabo no kugira uruhare mu biganiro bifasha gufata ibyemezo bibareba.

Insanganyamatsiko y'uyu mwaka igira iti "Ndi Ejo Hazaza" (I Am the Future), igaragaza uruhare rw'abana nk'inkingi y'iterambere ry'u Rwanda mu myaka iri imbere.

Iyi nama yitabiriwe n'abana bahagarariye bagenzi babo baturutse hirya no hino mu gihugu, abayobozi b'inzego za Leta, abafatanyabikorwa mu bikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y'abana, n'abandi bafite inshingano zo kurengera uburenganzira bw'umwana. Umushyitsi Mukuru yari Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango  ConsolĂ©e Uwimana aagaragaje ko Guverinoma y'u Rwanda ikomeje gushyira abana ku isonga muri gahunda z'iterambere.

Mu ijambo rye, Minisitiri  Uwimana yavuze ko insanganyamatsiko igira iti "Ndi Ejo Hazaza" yibutsa buri mwana ko afite ubushobozi bwo kugira uruhare mu kubaka igihugu cy'ejo, asaba abana gukoresha neza amahirwe bahabwa, kwiga bashyizeho umwete, kurangwa n'ikinyabupfura no gukunda igihugu.

Yagize ati, "Abana b'u Rwanda si abayobozi b'ejo gusa, ahubwo bafite uruhare no muri iki gihe. Iyo tubahaye amahirwe yo gutanga ibitekerezo no kubatega amatwi, baba batanga umusanzu ukomeye mu kubaka igihugu kirangwa n'ubutabera, amahoro n'iterambere."

Inama y'Igihugu y'Abana ni urubuga rwashyizweho hagamijwe guteza imbere uburenganzira bw'umwana bwo kugira ijambo no kugira uruhare mu bimureba. Binyuze muri iyi nama, abana baganira ku bibazo bibahangayikishije, bagatanga ibitekerezo ndetse n'ibyifuzo bishobora kwifashishwa mu kunoza politiki na gahunda zigamije imibereho yabo.

Muri uyu mwaka, ibiganiro biribanda ku ngingo zitandukanye zirimo guteza imbere ireme ry'uburezi, kurengera abana ihohoterwa iryo ari ryo ryose, kwita ku buzima bwo mu mutwe, guteza imbere ikoreshwa ry'ikoranabuhanga mu buryo buboneye, kurengera ibidukikije no gushishikariza abana kugira uruhare mu bikorwa by'iterambere bibakorerwa.

Abahagarariye abana baturutse mu turere twose tw'igihugu bahawe umwanya wo kugeza ku bayobozi ibitekerezo n'ibyifuzo byakusanyijwe mu bagenzi babo. Ibi bigamije gutuma amajwi y'abana yumvikana mu igenamigambi no mu ifatwa ry'ibyemezo bibareba.

Mu myaka yashize, ibyifuzo byatanzwe n'abana muri izi nama byagize uruhare mu kunoza gahunda zitandukanye zigamije kubarengera no kubafasha gukura neza. Ibyo birimo ingamba zo gukumira ihohoterwa rikorerwa abana, kongera ubukangurambaga ku burenganzira bw'umwana no guteza imbere uburere bushingiye ku burenganzira bwa muntu.

U Rwanda rukomeje gushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga arengera uburenganzira bw'umwana, harimo Amasezerano Mpuzamahanga y'Umuryango w'Abibumbye yerekeye Uburenganzira bw'Umwana n'andi masezerano yo ku rwego rwa Afurika. Ibi bigaragazwa n'amategeko, politiki na gahunda zigamije kurinda abana no kubafasha kugera ku burezi, ubuzima n'iterambere biboneye.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko guha abana ijambo no kubatega amatwi ari imwe mu nzira zifasha kubaka ejo hazaza heza. Basabye ko ubufatanye hagati y'inzego za Leta, imiryango itari iya Leta, amashuri, imiryango n'ababyeyi bukomeza kugira ngo buri mwana abashe gukurira ahantu hatekanye, haboneye kandi hamufasha gukabya inzozi ze.

Biteganyijwe ko imyanzuro n'ibyifuzo bizava muri iyi Nama ya 18 y'Igihugu y'Abana bizashyikirizwa inzego zibishinzwe kugira ngo bizifashishwe mu kunoza gahunda zigamije guteza imbere imibereho myiza y'abana no gukomeza kubaha ijambo mu bibareba.

Iyi nama yongeye kugaragaza ko u Rwanda rukomeje kwimakaza ihame ryo gushyira umwana ku isonga, rumuha amahirwe yo kugira uruhare mu kubaka ejo hazaza he n'igihugu cye, nk'uko bikubiye mu nsanganyamatsiko y'uyu mwaka igira iti "Ndi Ejo Hazaza."

 





 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments