Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwasubitse urubanza rwa Bishop Harerimana Jean Bosco, wahoze ayobora Itorero Zeraphat Holy Church, aregwamo n’umuturage Nyiratuza Monique usaba indishyi zisaga miliyoni 400 Frw.
Iburanisha ryari riteganyijwe kuri uyu wa 18 Kanama 2026 mu Rukiko
Rwisumbuye rwa Gasabo rukorera i Rusororo, ariko ryasubitswe nyuma y’uko
umwavoka wunganira urega, Me Shema Gakuba, atabonetse.
Iki kirego cy’indishyi gishingiye ku rundi rubanza Nyiratuza Monique
yarezemo Bishop Harerimana, aho yaje guhamwa n’icyaha cy’uburiganya no kurigisa
ikintu cy’undi cyangwa kugitangaho ingwate.
Nyiratuza avuga ko, ubwo yari asanzwe akorera mu mahanga, yohereje
amafaranga kuri Bishop Harerimana kugira ngo amugurire ibibanza bitatu, birimo
bibiri biherereye i Rubavu n’ikindi kiri i Gasogi mu Mujyi wa Kigali, aho
yagombaga kubakirwa urusengero rwa Zeraphat Holy Church.
Gusa nyuma yaje gutahura ko iyo mitungo yanditswe ku Itorero rya
Zeraphat Holy Church, bituma atongera kugira uburenganzira kuri yo.
Nyiratuza kandi yari yarasigiye Bishop Harerimana Toyota Fortuner, ariko
avuga ko yaje kuyigurisha atabizi, amafaranga ayakoresha mu kugura indi modoka
yo mu bwoko bwa Toyota Vigo.
Ku wa 23 Mata 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwahamije Bishop
Harerimana ibyo byaha, rumukatira igifungo cy’imyaka ine gisubitswe mu gihe
cy’imyaka ibiri, ndetse rumuca n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u
Rwanda.
Ku birebana n’indishyi, urukiko rwanzuye ko ikirego cya Nyiratuza gifite
ishingiro kuri bimwe, rutegeka Harerimana kumwishyura miliyoni 2.5 Frw, ndetse
no kumusubiza agaciro ka Toyota Fortuner yari yaragurishije, kangana na miliyoni
24 Frw.
Nyiratuza ntiyanyuzwe n’izo ndishyi, ajuririra Urukiko Rwisumbuye rwa
Gasabo asaba ko amafaranga yategetswe kwishyurwa yongerwa, avuga ko miliyoni
2.5 Frw zidahagije ugereranyije n’igihombo avuga ko yatewe.
Mu iburanisha ryari riteganyijwe kuri uyu wa 18 Kanama, Me Shema Gakuba
yongeye kubura ku nshuro ya kabiri. Nyiratuza yasabye ko urubanza rusubikwa
kugira ngo azaburane yunganiwe n’umwavoka we.
Ubushinjacyaha bwavuze ko ari uburenganzira bwa Nyiratuza kugira
umwavoka umwunganira. Urukiko rwanzuye ko urubanza ruzongera kuburanishwa ku wa
3 Nzeri 2026 saa munani z’amanywa, ariko rugaragaza ko nta yindi mpamvu ijyanye
no kutaboneka kwa Me Shema izongera kuba intandaro yo gusubika urubanza.
Bishop Harerimana n’umugore we bari barafashwe na RIB ku wa 9 Ukwakira
2024, bakurikiranyweho ibyaha birimo uburiganya no gukangisha gusebanya. Ku wa 31
Ukwakira 2024, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwabarekuye by’agateganyo nyuma
yo gutanga ingwate y’inzu ifite agaciro ka miliyoni 60 Frw.