• Amakuru / MU-RWANDA


Ababyeyi barerera mu Ishuri Ribanza rya G.S. Munyove, mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bahangayikishijwe n’ubucucike bukabije abana babo bahanganye na bwo mu mashuri, nyuma y’uko ibyumba bimwe by’amashuri bisenywe n’imvura.

Aba babyeyi bavuga ko iki kibazo kimaze igihe, ndetse ko bagiye bagaragariza inzego zibishinzwe impungenge bafite ku mibereho n’imyigire y’abana babo, ariko kugeza ubu ibyumba by’amashuri byangiritse bitarasanwa.

Bavuga ko gusenyuka kw’ibyumba by’amashuri byatumye abanyeshuri bahurizwa mu byumba bike bisigaye, bigateza ubucucike kandi bikagira ingaruka ku myigire yabo.

Ababyeyi basaba Leta n’inzego z’ibanze kugira icyo zikora mu maguru mashya, ibyumba by’amashuri byangiritse bigasanwa cyangwa hakubakwa ibindi, kugira ngo abana bongere kwiga mu buryo buboneye.

Baravuga ko gukemura iki kibazo bidakwiye gutinda, kuko ubucucike mu mashuri bushobora kugira ingaruka ku ireme ry’uburezi, imikoranire hagati y’abarimu n’abanyeshuri ndetse n’ubushobozi bw’abana bwo gukurikira amasomo neza.

Aba babyeyi kandi basaba ko mu gihe hakiri gushakwa igisubizo kirambye, hashyirwaho ingamba z’igihe gito zagabanya ubucucike, kugira ngo abana bakomeze kwiga mu buryo buboneye kandi butekanye.

Ibindi birebe muri iyi Video


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments