Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kuburira Iran ko Washington ishobora kugaba igitero gikomeye cyane ku kigo cya gisirikare n’ubushakashatsi cya Pickaxe Mountain, giherereye mu butaka bwimbitse hafi y’ikigo cya Natanz gikorerwamo ibikorwa byo gutunganya uranium.
Trump yavuze ko Amerika
ikurikiranira hafi ibikorwa biri kubera kuri icyo kigo, nyuma y’uko hagaragaye
ibyo yise “ibikorwa bidasanzwe” cyangwa urujya n’uruza rushobora kugaragaza ko
Iran iri kongera ibikorwa kuri icyo kibanza.
Mu ijambo rye, Trump yagize ati: “Nabagira inama yo kutagira amayeri, kuko tuzayatahura cyane. Nta yandi mahitamo dufite.”
Yavuze ko Amerika izi neza ibiri
kubera kuri icyo kigo, ashimangira ko ubuyobozi bwa Washington bukurikirana
ibikorwa bya Iran ahantu hatandukanye.
Trump kandi yagarutse ku cyemezo
cye cyo kuva muri gahunda mpuzamahanga izwi nka JCPOA,
yari igamije kugenzura ibikorwa bya Iran bya kirimbuzi. Yavuze ko iyo Amerika
itaza gufata ingamba kuri gahunda ya Iran, icyo gihugu cyaba gifite intwaro
kirimbuzi muri iki gihe.
Trump kandi yibukije igitero
Amerika yagabye ku bikorwa bya kirimbuzi bya Iran ikoresheje indege za B-2, avuga ko icyo gikorwa cyagize uruhare mu
kubangamira ubushobozi bwa Iran bwo gukora intwaro za kirimbuzi.
Pickaxe Mountain ni ikigo
kiri hafi ya Natanz, kikaba kizwiho kuba cyubatswe mu nsi y’ubutaka ku buryo
bukomeye. Bivugwa ko gifite uburyo bw’imirimo y’ubutaka bwimbitse kandi
bushobora kurindwa ibitero bisanzwe.
Hari amakuru avuga ko icyo kigo
gishobora kuba kirimo imashini za centrifuge zikoreshwa mu gutunganya uranium
ndetse n’ububiko bwa uranium yamaze gutunganywa. Raporo z’ubutasi bwa Israel na
zo zavuze ko Iran ishobora kuba yarimuriye kuri icyo kibanza centrifuge
ibihumbi, mu rwego rwo kuzirinda ibitero.
Trump yari yaraburiye Iran muri
Nyakanga ko Amerika ishobora kugaba igitero kuri Pickaxe Mountain. Mu minsi
ishize, yongeye gutanga ibimenyetso by’uko igitero nk’icyo gishobora kuba hafi
kandi kikaba gikomeye.
Ibi bibaye mu gihe amakimbirane hagati ya Iran, Israel na Amerika akomeje guteza impungenge ku mutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku bijyanye na gahunda ya Iran yo gukungahaza uranium n’uko bishobora kugira ingaruka ku mutekano mpuzamahanga.