Taiwan: Abantu 9 bapfiriye mu mutingito wakomerekeyemo abasaga 800

Yanditswe na: DUSHIMIMANA Elias 2024-04-03 10:33:54 Amakuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, Nibwo muri Taiwan hibasiwe n’umutingito ukomeye wari ku kigereranyo kiri hagati ya 7.2 na 7.7 wapfiriyemo abantu 9 abasaga 800 barakomereka mu gihe 50 bburiwe irengero.

Amakuru atuka mu bitangazamakuru binyuranye, aravuga ko ubuyobozi buburira abaturage ko hashobora kubaho umwuzure  uterwa n’amazi y’inyanja uzwi nka Tsunami.

Ibiro Ntaramakuru by'Abongereza, Reuters dukesha iyi nkuru, bivuga ko Bivugwa ko uyu mutingito  ukomeye kurusha iyabaye muri icyo gihugu yose mu  myaka 25 ishize, ukaba wasenye inyubako nyinshi zo mu burasirazuba bwa Hualien uteza n’inkangu muri aka gace dore ko ba mucyerarugendo bari mu bapfuye ndetse hakaba hari n'abaturage baheze mu mazu yasenyutse.

Abayobozi  ba Taiwan bavuze ko umutingito ushobora gukomeza mu minsi itatu cyangwa ine iri imbere bitewe n’uburemere bwawo.

Umuyobozi w’Ikigo cy’ibijyanye n’imitingito mu Murwa Mukuru Taipei, Wu Chien-fu, yavuze ko  uyu mutingito ugereranyije wari hagati ya 7.2 na 7.7 ari wo ukomeye wibasiye Tayiwani kuva mu  1999 aho wahitanye abantu 2400 icyo gihe.

Related Post