Rubavu: Abaturiye Sebeya bahawe iminsi ntarengwa yo kwimuka

Yanditswe na: DUSHIMIMANA Elias 2023-08-03 10:59:49 Amakuru

Yanditswe: na DUSHIMIMANA Elias

Nyuma yuko imvura iguye mu ijoro ku tariki 2 Gicurasi 2023, igasenya inzu nyinshi ndetse igatwara ubuzima bw’abaturage bagera kuri 30 mu Karere ka Rubavu, bahitanywe n’umugezi wa Sebeya wuzuye ugatwara inzu z’abaturage, mu gihe hari abandi batwawe n’inkangu zibasenyeye,Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatanze iminsi 14 ku baturiye umugezi wa Sebeya, yo kwimuka byihuse kugira ngo imvura izagwa muri Nzeri 2023 itazabasanga aho batuye bikaba byakongera gutera ibiza bikabagiraho ingaruka, nk’uko byagenze.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bubisabye mu gihe bamwe bavuga ko gusenya inyubako zabo, bagashaka aho gutura ari igihombo, kuko nyuma y’uko imvura iguye igateza ibiza ubuzima bwari bwongeye kugaruka.

Mu Karere ka Rubavu habaruwe imiryango ibarirwa mu 1,000 yahuye n’ibiza bitewe n’imvura, ndetse benshi bashyirwa mu nkambi zamaze ukwezi bahabwa inkunga, nyuma yo kubura ibyo bari batunze.

Hafashwe umwanzuro w’uko nta muturage uzongera gutura muri metero 50 uvuye ku mugezi wa sebeya, birinda ko amazi yazongera kuzura agatwara ubuzima bw’abaturage, icyakora hari inzu zasigaye zihagaze ndetse imvura imaze guhita ba nyirayo bazisubiramo, ubu bakaba barimo gusabwa kuzivamo bakajya gutura ahandi.

Icyemezo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwafashe, buvuga ko ari ukwirinda ko ibiza byanzongera kwangiriza abaturage.

Nzabonimpa Deogratias, Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rubavu agira ati “Turimo turakumira ko ibiza byakongera gutwara ubuzima bw’abantu, kandi dufatanyije nabo, htwarebye inyubako zangijwe n’ibiza, hari izangiritse zidakeneye kongera kuhaba, hari izo bigaragaza ko bashobora kongera guhura n’ibiza zihagumye, kandi ni umwanzuro twafashe tubyumvikanye bakimuka.”

Bamwe mu baturage bagaragaje kutishimira uyu mwanzuro, bavuga ko bari bamaze kongera gusubirana batiteguye kubaka, ndetse abandi inyubako bakoreramo bari bazitanzeho ingwate muri banki, bityo kwimuka byabashyira mu kaga.

Related Post