Trace Awards: Rema yegukanye igihembo amaze kunyeganyeza Kigali

Yanditswe na: DUSHIMIMANA Elias 2023-10-22 12:02:27 Imyidagaduro

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ukwakira 2023, Nibwo Ibirori bya Trace Awards byabaye ku nshuro ya mbere bikabera mu Rwanda, byasize amateka mu rw’imisozi igihumbi kuva ku bashyitsi n’abanyarwanda bakurikiye mu gihe cy’amasaha arindwi muri BK Arena.


Kuva ku muntu wabikurikiye kuri televiziyo n’imbuga nkoranyambaga, buri wese yatangazwaga n’ubwiza bw’ibi birori , imyambarire, ibihembo byatanzwe n’abahanzi bataramye nubwo bari bafite iminota mike bitewe n’ubwinshi bwabo.

Ibi birori bishimira abanyamuziki b’abanyafurika bitwaye neza, byatambukijwe kuri shene za televiziyo zisaga 22 z’Ikigo cya Trace Group cyizihiza imyaka 20.

Ni igihembo gifite ishusho y’igiti cya Baobab kiboneka muri bimwe mu bihugu bya Afurika, kivuze byinshi ku buzima bw’Abanyafurika, kigasobanurwa nk’igiti cy’ubuzima kuri benshi.

Abahanzi bafite amazina akomeye mu bihugu hafi ya byose bya Afurika no hanze yayo, banyuze ku rubyiniro bashimisha abitabiriye ndetse banashimira Trace Group yateguye ibi birori.

Abaririmbye barimo abo mu Rwanda nka Bruce Melodie, Bwiza na Chriss Eazy mu gihe abaturutse hirya no hino banyuze ku rubyiniro barimo Diamond Platnumz, Davido, Pheelz, Yemi Alade, Mr Eazi, Musa Keys, Zuchu, Juma Jux, Nadia Mukami, n’abandi.

Abanya-Nigeria Davido na Rema ni bo begukanye ibihembo byinshi muri Trace Awards 2023. Buri wese yegukanye bibiri.

Davido yegukanye igihembo cya ’Best Male Artist’, umuhanzi wahize abandi mu bagabo ndetse n’icy’indirimbo nziza ihuriyemo abahanzi barenze umwe (Best Collaboration Song) yabaye “Unavailable” yahuriyemo na Musa Keys wo muri Afurika y’Epfo.

Rema yegukanye igihembo cya "Best Global Africa Artist’’, umuhanzi wo muri afurika witwaye neza hanze yayo n’icy’indirimbo y’umwaka " Song of the year" abikesheje ’Calm Down’.

Related Post