Rayon Sports yitwikiriye ijoro isinyisha umukinnyi wakuzwe n'abafana

Yanditswe na: TUYIZERE Mubaraka 2024-06-22 08:06:50 Imikino

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Ndayishimiye Richard, umukinnyi w'umurundi ukina hagati mu kibuga , akaba yakiniraga Muhazi United, aba umukinnyi wa 2 Rayon Sports isinyishije muri iyi mpeshyi .

Mu ijoro rya cyeye nibwo ikipe ya Rayon Sports, yatangaje ko yasinyishije Ndayishimiye Richard, uyu musore wari umaze iminsi mu biganiro niyi kipe , yari yagaragaye mu mukino w'umuhuro ku Amahoro , wafunguraga Stade Amahoro , ubwo bahuraga na APR FC, muri uyu mukino uyu musore yitwaye neza cyane , ndetse abana ba Rayon Sports bataha banyuzwe , nyuma yaho bategereje ko asinya ariko amaso ahera mu kirere , ndetse benshi bari bamaze kwiheba ko nawe agiye kubacika akigira ahandi , nkuko benshi mubo Rayon Sports irimo kuganiriza muri iyi minsi ,biri kurangira basinyiye andi makipe .


Inkuru yo gusinya kwa Richard abafana ba Rayon Sports bari bamaze igihe bayitegereje 

Amakuru yavugaga ko impamvu Richard yatinze gusinyira Murera , ari uko uyu mukinnyi yari yananiwe kumvikana na Muhazi United yari afiteye amasezerano, kuko yo yifuzaga kumuha million 3 muri 20 bumvikanye na Rayon Sports, we akifuza guhabwa million 5, ku munsi wejo nibwo impande zombi  zumvikanye maze uyu musore ashyira umukono ku masezerano y'imyaka 2 , aba umukinnyi wa 2 Rayon Sports isinyishije , ariko aba umukinnyi wa mbere itangaje , kuko Nshimiyimana Emmanuel Kabange basinyishije ku munsi wejo mu gitondo, we bataramutangaza .

Rayon Sports iracyavugwamo abandi bakinnyi bashobora gusinya , nka Ombolenga Fitina na Buregeya Prince bamaze gutandukana na APR FC, Niyonzima Olivier Sefu nawe wabakiniye umukino baheruka gukina na APR FC, Muhire Kevin ugomba kongera amasezerano n'abandi benshi , gusa bivugwa ko iyi kipe itegereje ko taliki 30 Kamena zigera kuko aribwo izahabwa amafaranga na Skol , ndetse nayo abanyamuryango ba Special Team ( inkoranutima za Jean Fidel ) bemeye, akaba aribwo azaboneka , kuba Rayon Sports idafite amafaranga bikaba aribyo birimo gutuma idasingisha abakinnyi , nkuko abakunzi bayo babyifuza.


Uyu musore ari mubanyuze imitima y'abarayon ubwo baheruka gukina na mucyeba 


Nshimiyimana Emmanuel Kabange wavuye muri Gorilla FC nawe yamaze gusinyira Rayon Sports 

Related Post