Ikipe ya Rayon Sports izatangirira urugendo rwo kwisubiza igikombe cy'amahoro, ku ikipe ya Interforce ,mu gihe ikipe ya AS Kigali yari yahize kugitwara ,yisanze igomba kubanza kwigizayo APR FC itagiheruka .
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, nibwo ku cyicaro cy'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA, habaye igikorwa cyo gutombora uko amakipe azahura muri 1/8 mu gikombe cy'amahoro, amakipe 8 yakomeje mu ijonjora ry'ibanze, yagombaga gusanga andi 8 yari ategereje, kuko yari yaritwaye neza mu mikino y'umwaka ushize , ikipe ya Rayon Sports niyo yatwaye igikombe giheruka, yisanze igomba gukina n'ikipe ya Interforce ,iyi ikaba ari ikipe ya 2 ya Police y'igihugu .
Ikipe ya AS Kigali yaherukaga kuvuga ko yifuza gutwara igikombe cyuyu mwaka ,ndetse ikaba ifite ibikombe 2 muri 3 biheruka ,yisanze igomba kubanza gukura mu nzira ikipe ya APR FC nayo igiheruka mu myaka 6 ishize , iyi ni inzira igoranye ku makipe yombi aba asanzwe afite intego zo gutwara iki gikombe, ariko imwe ikaba itagomba kurenga ijonjora rya 2 ( 1/8) , AS Kigali ni imwe mu makipe akunda kugora APR FC, dore uretse kuba APR FC idaheruka gutsinda iyi kipe y'umujyi wa Kigali muri Shampiyona, yanayitwaye igikombe cy'amahoro cya 2022 .
APR FC yisanze igomba guhangana na AS Kigali isanzwe iyigora
Andi makipe nka Police FC, yisanze igomba guhangana na Kamonyi FC , Vision FC izakina na Musanze FC, Gorilla FC izakina na Kiyovu Sports, Bugesera FC izakina na Marine FC , ADDAX FC ya Mvukiyehe Juvenal izakina na Mukura VS&L , naho ikipe ya Gasogi United izikiranura na Muhazi United .
Rayon Sports niyo ibitse igikombe giheruka