Niyonzima Haruna wari waragizwe igicibwa yagarutse mu Amavubi , 16 bakina hanze nibo bahamagawe

Yanditswe na: TUYIZERE Mubaraka 2024-03-05 17:52:30 Imikino

Captain w'ikipe y'igihugu y'uRwanda Amavubi Haruna Niyonzima ,yongeye guhamagarwa mu ikipe y'igihugu, nyuma yigihe asa nuwagizwe igicibwa muri iyi kipe , Amavubi yahamagaye 16 bakina hanze, aritegura imikino 2 ya gicuti muri Werurwe uyu mwaka .

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 2 taliki 05 Werurwe 2024, nibwo amakuru yagiye hanze ko abakinnyi 16 , bakina hanze y'uRwanda , barimo Niyonzima Haruna ,bamaze guhamagarwa mu ikipe y'igihugu, amakuru dukesha igihe.com avuga ko , muri abo bakinnyi harimo n'abandi bataherukaga guhamagarwa, nka Steve Rubanguka , York Rafael , na Biramahire Abed , uretse abo kandi hari n'abari bahamagawe mu mikino iheruka nka Hakim Sahabo , Sibomana Patrick , Gitego Arthur , Mugisha Bonheur, Ntwali Fiancle , Nshuti Innocent, Imanishimwe Emmanuel , Byiringiro Lague , Manzi Thierry , Mutsinzi Ange , Bizimana Djihad na Maxime Weensen .

Ku wa mbere taliki ya 4 Werurwe ,nibwo amakuru yamenyekanye ko ikipe y'igihugu y'uRwanda, izakina imikino 2 ya gicuti, imikino izabera Antananarivo muri Madagascar, kuva taliki ya 18 kugeza taliki ya 26 Werurwe 2024 , Amavubi yari yasabye gukina na Guinea ariko ntibyakunda , akaba yaratumiwe mugisa n'irushanwa ry'amakipe 4 ariyo Botswana, Burundi , Madagascar ndetse nu uRwanda , gusa akaba azakina imikino ibiri n'ibihugu bya Botswana na Madagascar


Niyonzima Haruba yaherukaga guhamagarwa mu ikipe y'igihugu ku mukino batsinzwemo na Ethiopian mu gushaka itike ya CHAN 

Related Post