Myugariro w'ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi, Rwatubyaye Abdul, yahamije ko yakongera gukina mu Rwanda kwe bishoboka ariko atajya mu ikipe yose ibonetse.
Uyu myugariro wakiniraga FC Shkupi yo muri Mac�donie y�Amajyaruguru, amaze iminsi agaragara akorana imyitozo na AS Kigali nyuma y'imvune yari yaragize.
Aganira n�itangazamakuru ku Cyumweru tariki 7 Kanama 2022, Rwatubyaye yavuze ko gukina mu Rwanda bishoboka.
Ati �AS Kigali ni ukumfasha kugira ngo ngaruke kuko nari maze iminsi mu mvune. Kuvugana iby�ibanze nta byinshi nabivugaho kuko nta kirakorwa, ntabwo ari ibintu byo gutangaza.�
Yakomeje agira ati �Ubu icy�ingenzi ni ukugaruka, urebye ni yo ntego ihari. Kiyovu, APR� ibyo byose ni ibigenda bivugwa, abantu bavuga ibyo bishakiye. Aha ni mu rugo, kuba nakinira hano birashoboka.�
Hashize iminsi havugwa ko mu makipe amwifuza harimo AS Kigali, Rayon Sports, Kiyovu Sports na APR FC, ariko uyu mukinnyi yavuze ko atari buri kipe yakwerekezamo.
Ati �Ntabwo ari ikipe yose najyamo. Ni ukuba ikipe ifite intego, ikipe ifite amarushanwa mpuzamahanga, ni intego umuntu agenda arebaho kugira ngo agaruke mu bihe.�
Rwatubyaye yavuze ko hari ibyo yaganiriye na FC Shkupi ubwo yari amaze kuvunika, ndetse ahamya ko muri iyi kipe hamaze kumera nk'iwabo ha handi yungutse.
Ati �Ntabwo navuga ko twatandukanye kuko urebye umubano mfitanye na Shkupi ntabwo ari umubano navuga ngo ni ha handi umukinnyi aza akagenda cyangwa se aza akahaguma. Dufite umubano mwiza.�
Yongeyeho ati �Ubu bari gukina amarushanwa y�i Burayi, bari ku rwego rwo hejuru, kuba nava mu mvune nkahita ntagira gukina ni ibintu bitashoboka. Ntabwo natandukanye na bo burundu, icyo ndeba imbere ni ukugarura urwego rwanjye.�
Uyu myugariro yavunitse tariki ya 22 Mutarama uyu mwaka ubwo FC Shkupi yatsindaga Sumqay FK ibitego 2-1.
Yari amaze umwaka yerekeje muri Mac�donie nyuma yo kuva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahawe amezi umunani adakina kubera iyo mvune ku gatsitsino.