Abasore bahatanye muri Mister Rwanda bagiye kurega mu nkiko abateguye iri rushanwa

Wpfreeware Views:567 September 26, 2022 IMYIDAGADURO
Nyuma yuko irushanwa rya Mister Rwanda 2022 rihagaritswe, bamwe mu basore barihatanyemo bagiye kugana inkiko ngo barege abariteguye kuko bamaze igihe babasaba ibisobanuro ariko ntibabihabwe. Ku itariki ya 30 Mata nibwo habaye ibirori byo gutoranya abasore 18 bagombaga gukomeza mu cyiciro cy�umwiherero mu iri rushanwa rya Mister Rwanda ryari ribaye ku nshuro ya mbere. Byari biteganyijwe ko aba basore bari batoranyijwe bahita bajya mu mwiherero (Boot Camp) w�ibyumweru bibiri ubundi hakaba umunsi wanyuma wo guhatanira ikamba. Ibi ntabwo ariko byaje kugenda kuko ku itariki ya 9 Gicurasi 2022 ubwo Minisiteri y�Urubyiruko n�Umuco yasohoraga itangazo rihagarika Miss Rwanda, Inteko y�Ururimi n�umuco yahise yandikira abategura Mister Rwanda ibabwira ko bagomba kuba basubitse ibikorwa by�iri rushanwa. Kuva icyo gihe byavuzwe ko Inteko y�Ururimi n�Umuco iri gutegurwa amabwiriza mashya agenga amarushanwa y�ubwiza mu Rwanda ariko kugeza n�ubu amaso yaheze mu kirere. Bamwe mu basore bahatanaga muri iri rushanwa baganiriye na BTN ariko batifuza ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko bagiye kujyana abateguye iri rushanwa mu nkiko kuko ryabahombeje akayabo. Bagize bati �Turi kwitegura kujya kubarega mu rukiko kuko baduhejeje hagati nk�ururimi, tugerageza kubabaza aho bigeze ariko bakatwihorera ntibanadusubize. Nimba urwego rwa leta arirwo rwahagaritse birabareba twe turajya kubarega noneho nabo bazagobokeshe urwo rweego mu rubanza.� Aba basore bavuga ko batazemera guhomba amafaranga abakunzi babo babatoreyeho dore ko ijwi rimwe ryari rihwanye n�igiceri cy�ijana. Umuyobozi wa Imanzi Ltd yateguye iri rushanwa, Byiringiro Moses yabwiye BTN ko kugeza ubu nawe agitegereje igisubizo kigomba kuva mu Nteko y�Ururimi n�Umuco yahagritse irushanwa. Moses avuga ko nyuma yuko basabwe guhagarika irushanwa babwiwe n�iyi nteko ko nyuma y�ibyumweru bibiri bazahabwa amabwiriza bagomba kugenderaho bagasubukura irushanwa ariko kugeza n�ubu amaso yaheze mu kirere. Yagize ati �Ntabwo watangiza irushanwa riri ku rwego nka ruriya ugamije guhemukira abantu, twari twiteguye n�ubu turiteguye ko igihe cyose twahabwa uburenganzira twasubukura irushwa tukarisoza. Ndumva nabo bategereza nk�uko natwe dutegereje ubwo burenganzira, nimba bumva ko umuti ari ukujya kurega ubwo ntakundi natwe twiteguye kwitaba tukagaragaza buri kimwe kuko sitwe twarihagaritse.� Moses yakomeje avuga ko ingaruka zo kuba irushanwa ryarahagaritswe ritarangiye zitageze ku bahatanaga gusa ahbwo nabo nk�abariteguye byabateje igihombo kinini ariko bidakuraho ko bagomba kurisoza mu gihe bahabwa uburenganzira. Kugeza ubu ntawuzi iherezo ry�amarushanwa y�ubwiza mu Rwanda (beauty pageant) nyuma y�amakosa yavuzwe muri Miss Rwanda bikaba intandaro yo guhagarika n�andi yose.

IZINDI NKURU