Perezida Museveni yasabye imbabazi kubera amagambo yavuzwe n�umuhungu we Gen Muhoozi

Wpfreeware Views:779 October 05, 2022 AMAKURU
Perezida Yoweri Museveni yasabye imbabazi Abanyakenya nyuma y�amagambo umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba yatangaje kuri Kenya akazamura uburakari bw�abaturage b�iki gihugu. Uyu muhungu wa Perezida Museveni, ubusanzwe azwiho kuba akoresha urubuga rwa twitter mu buryo butandukanye n�abandi bayobozi kuko usanga yandikaho amagambo akunze gukurura mpaka. Kuri uyu wa 4 Ukwakira 2022 uyu muhungu wa Museveni, General Muhoozi Kainerugaba yanditse ubutumwa kuri twitter avuga ko we n�abasirikare be bafata umujyi wa Nairobi mu gihe cy�ibyumweru bibir gusa. Ibi byarakaje Abanyakenya batari bake babifata nk�agasuzuguro ku gihugu cyabo maze nabo batangira kumusubiza bamubwira amagambo y�uburakari. Nyuma y�amasaha make Muhoozi avuze ibi, yahise azamurwa mu ntera na se amuvana ku ipeti rya Lt General agirwa General ariko akurwa ku mwanya w�Umugaba mukuru w�Ingabo zirwanira ku butaka. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5 Ukwakira 2022, Perezida Museveni yahise asohora ubutumwa burambuye, asaba imbabazi mu izina ry�umuhungu we. Yagize ati �Ndasaba abavandimwe bacu bo muri Kenya kutubabarira ku butumwa bwoherejwe na General Muhoozi, wahoze ari Umugaba w�Ingabo zirwanira ku butaka hano, ku bijyanye n�amatora muri iki gihugu gikomeye. Ntabwo byemewe ku bakozi ba leta, baba abasivili cyangwa abasirikare, kuvuga cyangwa kwivanga mu buryo ubwo aribwo bwose, mu bibazo by�imbere mu gihugu cy�abavandimwe.� Mu butumwa bwe, Museveni yanasobanuye impamvu yafashe icyemezo cyo gukura uyu muhungu we ku mwanya w'Ubugaba Mukuru w'ingabo zirwanira ku butaka. Yakomeje ati �Ni ukubera ko iri kosa, ari hamwe mu hantu yakoze nabi nk�umwofisiye. Hari ahandi uyu General yatanze umusanzu ukomeye kandi ashobora no gukomerezaho. Ni uburyo bwo guca intege ikibi maze ukongerera imbaraga icyiza. Mutubabarire cyane bavandimwe bacu bo muri Kenya.� 'Ndanasaba imbabazi Abanya-Uganda bashobora kuba barababajwe n�umwe mu bakozi babo wivanze mu bibazo by�abavandimwe ba Kenya. Ndabizi neza ko ari umuntu ukunda cyane Afurika.� Museveni yavuze ko uburyo umuhungu we yakoreshejemo amazina y�imiryango ya Afurika y�Iburasirazuba (EAC) ndetse n�Ubumwe bwa Afurika (AU) butari bukwiye.

IZINDI NKURU