Havutse undi mutwe winyeshyamba washinzwe n�abirukanywe muri M23

Wpfreeware Views:1017 November 28, 2022 AMAKURU
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo havutse undi mutwe w�inyeshyamba washinzwe n�uwahoze ari umuyobozi muri M23 akaza kwirukanwa kubera imyitwarire. Uyu mutwe mushya w�inyeshyamba witwa �R�sistants Patriotes Congolais/Force de frappe� (Pareco/FF), washinzwe n�umugabo witwa Sendugu Museveni ku wa 23 Ugushyingo 2022. Mu itangazo bashyize hanze bavuga ko bashinze uyu mutwe bashingiye ku ngingo ya 63 y�Itegeko Nshinga rya RDC, ivuga ko buri muturage afite uburenganzira bwo kurengera ubusugire bw�igihugu cye mu gihe gitewe n�abantu baturutse hanze yacyo. Mu mahame ya Pareco / FF harimo kurwanya imitwe y�iterabwoba ibarizwa muri RDC, aho ku isonga yashyizemo M23 na ADF. Sendugu kandi yasobanuye ko ashaka gukora ibishoboka byose akarengera ubusugire bwa RDC. Sendugu Museveni ashinze uyu mutwe nyuma yuko yirukanwe muri M23 kubera ikibazo cy�imyitwarire. Ibaruwa imuhagarika yanditswe n�umukuru w�uwo mutwe mu rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, ivuga ko yazize ibibazo bikomeye byo kwitwara nabi. Uyu mugabo yasabye indi mitwe yitwaje intwaro kwihuriza hamwe kugira ngo barwanye umwanzi w�amahoro, aho yavuze ko ari imitwe yose yitwaje intwaro ishyigikiwe n�u Rwanda na Uganda.

IZINDI NKURU