Ndimbati agizwe umwere urukiko ruhita rusaba ko arekurwa

Wpfreeware Views:993 September 29, 2022 AMAKURU
Uwihoreye Jean Bosco wamamaye muri filime nka �Ndimbati� yagizwe umwere ku byaha yari akurikiranyweho ndetse urukiko ruhita rusaba ko arekurwa agataha. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Nzeri 2022 nibwo habaye isomwa ry�urubanza rwa Ndimbati ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Isomwa ry�urubanza ryabaye Ndimbati atari mu rukiko ariko umwunganizi we Me Irene Bayisabe yari ahari. Umucamanza yatangiye asoma uko iburanisha ry�urubanza rwa Uwihoreye ryagenze, uyu mugabo akaba yari akurikiranyweho ibyaha byo gusindisha umwana witwa Kabahizi Fridaus yarangiza akamusambanya, bikavamo kubyarana abana babiri b�impanga. Urukiko rushingiye ku kuba Uwihoreye yarahuye na Kabahizi afite indangamuntu igaragaza ko yavutse ku 1 Mutarama 2002, rwasanze ko nubwo hari indi ndangamuntu igaragaza ko yavutse ku wa 7 Kamena 2002, ikwiye guhabwa agaciro ari iyo uwo mukobwa yari afite igihe bahuraga. Urukiko rwavuze ko rutanyuzwe n�ibimenyetso byatanzwe n�Ubushinjacyaha byagaragazaga ko Uwihoreye yaryamanye na Kabahizi ku wa 24 Ukuboza 2019 aho kuba tariki 2 Mutarama 2020 nk�uko Uwihoreye yabivugaga. Urukiko rwemeje ko ikirego cy�ubushinjacyaja nta shingiro gifite, rwemeza ko Uwihoreye ari umwere ndetse rutegeka ko arekurwa akimara gusomerwa.

IZINDI NKURU