Umuyobozi w�ishuri rya IPRC Kigali yatawe muri yombi n�ishuri rirafungwa

Wpfreeware Views:619 October 24, 2022 AMAKURU
Eng. Mulindahabi Diog�ne wari usanzwe ari umuyobozi w�Ishuri rikuru ry�Imyuga n�Ubumenyingiro rya Kigali (IPRC-Kigali) yatawe muri yombi na RIB ndetse n�irishuri rihita rifungwa mu gihe cy�ibyumweru bibiri. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko Eng. Mulindahabi yatawe muri yombi hamwe n�abandi bakozi. Bakurikiranyweho ibyaha by�ubujura no kunyereza umutungo bikekwa kuba byarakozwe mu Ishuri rya IPRC-Kigali. Muri Gashyantare 2018 ni bwo Eng Mulindahabi yagizwe Umuyobozi Mukuru wa IPRC Kigali ubwo amashuri makuru y�imyuga n�ubumenyi ngiro yahurizwaga hamwe akitwa Rwanda Polytechnic (RP). Itangazo ryatanzwe na Minisiteri y�Uburezi ku gica munzi cyo kuri iki Cyumweru rivuga ko ishuri rya IPRC Kigali rifunzwe by�agateganyo mu gihe cy�ibyumweru bibiri. Impamvu yo guhagarika irishuri by�agateganyo nukubera iperereza riri kurikorwaho ku bujura n�imyitwarire mibi yo kwiha umutungo rusange wa Leta. Iri tangazo rikaba risaba buri muntu wese waba afite amakuru y�ingenzi yagira akamaro ku iperereza riri gukorwa kubimenyesha ibiro bya RIB bimwegereye. Abanyeshuri basanzwe baba muri iki kigo barafasha gutaha kandi bazamenyeshwa igihe rizafungurira.

IZINDI NKURU