Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo 2022 nibwo muri Tanzania habereye impanuka y�indege yaguye mu kiyaga cya Victoria. Perezida Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we wa Tanzania n�abaturage b�iki gihugu baburiye ababo muri iyi mpanuka.
Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri twitter, yihanganishije abaturage ba Tanzania ndetse avuga ko yifatanyije n�imiryango y�ababuze ababo.
Ati �Nihanganishije abaturage ba Tanzania na Perezida w�iki gihugu, Samia Suluhu Hassan ku bwo gupfusha abantu bitewe n�impanuka y�indege. Twifatanyije n�imiryango yabuze ababo ndetse n�inshuti zabo.�
Iyi mpanuka yakozwe n�indege ya sosiyete ya Precision Air yari mu rugendo iva Dar es Salaam yerekeza Bukoba-Mwanza.
Ubwo iyi ndege yari hafi kugwa ku Kibuga cy�Indege cya Bukoba nibwo yakoze impanuka igwa muri Victoria. Mu bagenzi 43 bari muri iyi ndege, 19 bahasize ubuzima.
Kugeza ubu icyateye iyi mpanuka ntikiramenyekana.