Indege ya Congo y�intambara yavogereye ikirere cy�u Rwanda igwa ku kibuga cy�indege cya Rubavu

Wpfreeware Views:176 November 07, 2022 AMAKURU
Mu gihe umwuka utifashe neza hagati y�u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere indege y�intambara ya Congo yavogereye ikirere cy�u Rwanda ndetse inagwa ku kibuga cy�indege cya Rubavu nyuma y�akanya gato ihita yongera irahaguruka iragenda. Mu itangazo ryasohowe na Guverinamo y�u Rwanda rivuga iki gikorwa ari ubushotoranyi bwa Congo. Rigira riti �Indege y�intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y�igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cy�u Rwanda saa tanu n�iminota 20 mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ndetse igwa by�akanay gato ku kibuga cy�indege cya Rubavu mu ntara y�Uburengerazuba, nyuma yahise isubira muri RD Congo.' Iritangazo rikomeza rivuga ko ntacyemezo cya gisirikare cyafashwe ku ruhande rw�u Rwanda mu gusubiza ubu bushotoranyi. Ubuyobozi bw�u Rwanda bwamaganye ubwo bushotoranyi bubimenyesha Guverinoma ya RDC, yemera ko byabayeho. Ibi bibaye mu gihe Perezida wa Congo yari aherutse kuvuga ko inzira yo kurangiza ibibazo igihugu cye gifitanye n�u Rwanda ari intambara kuko ibiganiro bya politike bitazakunda. Sukhoi Su-25 ni indege z�intambara zakozwe na Leta Zunze Ubumwe z�Abasoviyete guhera muri Gashyantare 1975. Izi ndege zakikorwa n�uruganda rw�Abarusiya rwa Sukhoi, zifite ubushobozi bwo kugenda kilometero 950 mu isaha.

IZINDI NKURU