Ruhango: Umusore aracyekwaho kwica nyina amukubise ifuni mu mutwe

Wpfreeware Views:67 November 23, 2022 AMAKURU
Umusore witwa Habineza Emile uri mu kigero cy�imyaka 20 aracyekwaho kwica nyina umubyara amukubise ifubi mu mutwe nyuma yuko hari hashize iminsi avuga ko azamwica. Ibi byabereye mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Kabagari, akagarika ka Karambi m�umudugudu wa Kashyamba. Uyu mubyeyi wishwe yitwaga Emelyne Mukaruzage akaba yari afite imyaka 67 y�amavuko. Se w�uyu musore yabwiye BTN TV ko ubwo yari avuye mu murima guhinga yageze mu rugo yumva umuntu ari kunihira mu nzu, yinjiye asanga n�umufasha we uryamye hasi nibwo yahitaga atabaza bamujyana kwa muganga ari naho yashiriyemo umwuka. Abaturanyi b�uyu muryango babwiye BTN TV ko uyu musore yari asanzwe agaragaza imyitwarire isa n�uburwayi bwo mu mutwe. Hari n�abavuze ko yarwaye mu mutwe umuryango we ntiwabyitaho bitewe ahari no kutabimenya bikaza gukura ari nabyo byamuviriyemo imyitwarire yatumye ahitana na Nyina. Umunyamabanga nshingwabikorwa w�umurenge wa Kabagari, Gasasira Francois Regis yabwiye BTN ko uyu musore ari mu maboko ya RIB ndetse ngo azajyanwa kwa muganga kugirango bimenyekana nimba koko afite ikibazo cy�uburwayi bwo mu mutwe.

IZINDI NKURU