Dr Nsanzimana Sabin yagizwe Minisitiri w�Ubuzima

Wpfreeware Views:319 November 28, 2022 AMAKURU
Dr Nsanzimana Sabin wari umuyobozi Umuyobozi Mukuru w�Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), yagizwe Minisitiri w�Ubuzima naho Lt Col. Dr Mpunga Tharcisse agirwa umuyobozi w�Ibitaro bya CHUK. Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w�Intebe kuri uyu wa Mbere, rivuga ko Perezida wa Repubulika ashingiye ku biteganywa n�Itegeko nshinga ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116. None kuwa 28 Ugushyingo 2022, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi ku buryo bukurikira: Dr Nsanzimana Sabin Minisitiri w�Ubuzima, Dr Yvan Butera agirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y�Ubuzima aho asimbuye Lt Col. Dr Mpunga Tharcisse wagizwe Umuyobozi w�Ikigo cy�Ubuvuzi no Kwigisha ku Rwego rwa Kaminuza cya Kigali (CHUK). Dr Nsanzimana Sabin wigeze kuyobora ikigo cy�Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), yari amaze amezi icyenda agizwe Umuyobozi Mukuru w�Ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB. Dr Yvan Butera we yari asanzwe ari Umunyamabanga wungirije ushinzwe abakozi muri Minisiteri y�Ubuzima. Lt Col. Dr Mpunga Tharcisse wagizwe Umuyobozi w�Ikigo cy�Ubuvuzi no Kwigisha ku Rwego rwa Kaminuza cya Kigali (CHUK) asimbuye Dr Theobald Hategekimana.

IZINDI NKURU